Donadei yaba yagiye,Rayon Sports yabihakanye

Ubuyobozi bwa Rayon Sports burahakana amakuru avugwa ko umutoza wayo David Donadei yaba agiye,bukemeza ko agera i Kigali kuri uyu wa kane

Nyuma y’amakuru yatangiye gucicikana kuri uyu wa mbere ko umutoza watozaga Rayon Sports yaba yamaze gusezera iyi kipe y’i Nyanza,ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports buratangaza ko ayo makuru ari ibihuha.

Donadei yaherukaga gutangaza ko amasezerano ye atubahirijwe yahita yigendera
Donadei yaherukaga gutangaza ko amasezerano ye atubahirijwe yahita yigendera

Mu kiganiro Kigali Today yagiranye na Gakwaya Olivier,umunyamabanga mukuru wa Rayon Sports,yatangaje ko bamaze iminsi bavugana ndetse banamwoherereje amafaranga y’urugendo,ku buryo bamutegereje i Kigali kuri uyu wa kane.

Gakwaya Olivier ati "sinzi aho ayo makuru ari kuva,Donadei turavugana,yadusabye kumwoherereza amafaranga y’urugendo twarabikoze,adusaba kumusabira visas,ibyo nabyo twarabikoze,igisigaye ni uko agomba kutugeraho kuri uyu wa kane"

Gakwaya Olivier ngo bamaze iminsi baganira
Gakwaya Olivier ngo bamaze iminsi baganira

Uyu mutoza wari wageze mu Rwanda mu kwezi gushize ndetse akanasinya amasezerano y’umwaka umwe,yaba iyongereye ku bandi batoza bamaze iminsi bava mu ikipe ya Rayon Sports amasezerano yabo atarangiye barimo,François Rosciuto na Didier Gomes Da Rosa.

Ikipe ya Rayon Sports mu gihe uyu mutoza ataragaruka,iri gutozwa by’agateganyo n’umutoza wungirije ariwe Habimana Sosthene,aho akomeje kandi kwitegura umukino uzamuhuza na Police Fc kuri uyu wa gatandatu kuri Stade ya Kicukiro

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Njye mbona uyu mutoza atabereye gutoza rayon sport kuko yambara nkamabandi azahindure imyambarire

umurayon yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka