
Cristiano Ronaldo
Mu gihe benshi batangiye kuvuga ko imyaka imaze kuba myinshi ndetse hageze ko aharira abato, by’umwihariko mu ikipe y’igihugu ya Portugal, Cristiano Ronaldo yavuze ko ariwe wenyine ufite uburenganzira bwo gufata icyemezo.
Yagize ati "Ni njyewe uzafata icyemezo ku hazaza hanjye nta wundi. Ninumva nakina indi mikino nzakina, ninumva ntakina ntabwo nzakina, ni njyewe bireba nzafata icyemezo mbishaka."
Cristiano Ronaldo amaze gukinira Portugal imikino 185, akaba amaze kuyitsindira ibitego 115. Uyu mugabo kandi we na Portugal kuri uyu wa kabiri, barakina umukino wa nyuma wa kamarampaka n’ikipe ya Macedonia y’Amajyaruguru, mu rwego rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022, nibatsinda bagahita babona itike.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|