Cristiano Ronaldo yatwaye Ballon d’Or ku nshuro ya gatatu

Umunya Portugal Cristiano Ronaldo ni we watowe nk’umukinnyi wahize abandi mu mwaka wa 2014 ari nako ahabwa Ballon D’Or ye ya kabiri yikurikiranya.

Uyu mukinnyi wa Real Madrid, yaje guhabwa iki gihembo mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere ryabereye mu mujyi wa Zurich mu Busuwisi, aho yaje imbere ya Manuel Neuer na Lionel Messi bari bahanganye.

Ronaldo yashimishijwe no gutwara Ballon d'Or ye ya 3
Ronaldo yashimishijwe no gutwara Ballon d’Or ye ya 3
Michel Platini uyobora UEFA na we yashimiye Ronaldo kubyo yagezeho
Michel Platini uyobora UEFA na we yashimiye Ronaldo kubyo yagezeho

Ronaldo yagize uruhare runini mu ikipe ya Real Madrid, mu mwaka wa shampiyona batwayemo ibikombe bine, aho ku giti cye yatsinze ibitego 56 mu mikino 51, ibitego byafashije ikipe ye gutwara the Copa del Rey, Champions League, UEFA Super Cup ndetse n’igikombe cy’isi cy’amakipe.

Cristiano Ronaldo, nyuma yo kubwirwa ko ari we wahize abandi, yagize ati: “Ndi kubona Mama wanjye ndetse n’umuryango wanjye, nashimira buri wese wantoye. Nashimira umutoza wanjye, abakinnyi dukinana na perezida w’ikipe yanjye”.

Yakomeje agira ati: “Wari umwaka w’agatangaza. Gutwara iki gikombe kimeze gutya ni ibintu byihariye, kandi icyo navuga ni uko nzakomeza gukora cyane kugirango nkomeze ntware ibihembo bitandukanye byaba iby’ikipe ndetse n’ibyo ku giti cyanjye. Nzabitwara kubwa Mama wanjye, na Papa wanjye uba undeba ari hejuru kure ndetse no ku bw’umuhungu wanjye”.

Ronaldo hamwe n'umuhungu we Ronaldo Jr nyuma yo gushyikirizwa igihembo kiruta ibindi ku mukinnyi wa ruhago
Ronaldo hamwe n’umuhungu we Ronaldo Jr nyuma yo gushyikirizwa igihembo kiruta ibindi ku mukinnyi wa ruhago
Thierry Henry ni we washyikirije Cristiano Ballon d'Or
Thierry Henry ni we washyikirije Cristiano Ballon d’Or

Ronaldo yakomeje avuga ko gutwara iki gihembo inshuro eshatu ari ikintu kimushimishije cyane kandi akeka ko nta munya Portugal numwe watekerezaga ko yabikora.

Cristiano Ronaldo yatwaye Ballon D’Or bwa mbere ubwo yakiniraga Manchester United mu mwaka wa 2008, yongera kuyisubiza muri 2013 ari muri Real Madrid, mbere yo gutwara iy’uyu mwaka ushize wa 2014. Ronaldo akaba akiza inyuma ya Lionel Messi we watwaye iki gihembo inshuro enye.

Hanatowe ikipe y'isi y'umwaka wa 2014
Hanatowe ikipe y’isi y’umwaka wa 2014

Uko ibihembo byatanzwe:

Ballon d’Or: Cristiano Ronaldo

Umugore wahize abandi muri Ruhago 2014: Nadine Kessler

Puskas award(igitego cyiza): James Rodriguez

Umutoza w’umwaka: Joachim Low

Umutoza w’umwaka mu bagore Ralf Kellermann

Ikipe y’isi y’umwaka: Neuer; Lahm, Ramos, David Luiz, Thiago Silva; Di Maria, Iniesta, Kroos; Messi, Ronaldo, Robben

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka