Ciza Hussein wifuzwaga na Rayon Sports yongereye amasezerano muri Mukura VS

Ikipe ya Mukura VS itangaza ko yarangije kongerera amasezerano rutahizamu wayo Ciza Hussein azatuma akomeza gukinira ikipe kugeza mu kwezi kwa kwa karindwi kwa 2017.

Ciza Hussein waje muri Mukura mu kwa munani kwa 2013, yari umwe mu bakinnyi bane bashoboraga kurangiza amasezerano yabo ubwo uno mwaka wa shampiyona uzaba usojwe mu kwa karindwi, gusa ikipe ya Mukura ikaba itangaza ko gahunda yayo yo kubaka ikipe y’igihe kirekire, iri mu bitumye batangira kuvugana n’abakinnyi bashigaje igihe gito ku masezerano yabo.

Ciza Hussein yari yagoye ubwugarizi bwa Rayon Sports mu mukino w'umunsi wa 13 wa shampiyona
Ciza Hussein yari yagoye ubwugarizi bwa Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona

“Turashaka kubaka ikipe idahindagurika niyo mpamvu dushaka kugumana abakinnyi bacu igihe kirekire”, Ntakirutimana Emmanuel uvugira Mukura VS atangariza Kigali Today.

Yakomeje ati: “Ciza Hussein ni we twahereyeho, ariko turashaka kureba ko twavugana n’abandi bakinnyi bari kurangiza amasezerano maze abo twifuza kugumana mu myaka iri imbere na bo bayongere hakiri kare”.

Ciza Hussein, yari umwe mu bakinnyi babiri ba Mukura(undi kaba Muhadjili) bufuzwaga cyane n’ikipe ya Rayon Sports muri uku kwa mbere, gusa iyi kipe y’i Huye ivuga ko kongerera amasezerano uyu musore ukomoka mu Burundi ntaho bihuriye nuko yashakwaga i Nyanza.

Etienne Karekezi, Ngendakumana Djuma Saidi, Nkotanyi Frank ni abandi bakinnyi na bo bazarangiza amasezerano yabo ubwo uyu mwaka wa shampiyona uzaba ushojwe, abakinnyi ubuyobozi bwa Mukura buvuga ko buzatangira ibiganiro na bo mbere yuko uku kwezi kurangira.

Etienne Karekezi na we ashobora kongererwa amasezerano vuba
Etienne Karekezi na we ashobora kongererwa amasezerano vuba

Emmanuel Ntakirutimana, yatangarije Kigali Today kandi, ko bashobora kugurisha uwahoze ari rutahizamu wabo Nahimana Claude mu ikipe ya Lydia Ludic Burundi Académic FC(LLBA) yo mu Burundi, nyuma yaho uyu mugabo atorotse ikipe kandi akaba ntabushake afite bwo kugaruka i Huye.

“Abayobozi bacu bagiye i Burundi ariko ntacyo byatanze. Twumvise amakuru ko uyu mukinnyi yatanzwe na LLBA ku rutonde rw’abakinnyi izifashisha mu marushanwa nyafurika, none turi kuvugana n’iyi kipe ngo ibe yadusubiza ibyo twamutanzeho kuko tatakinisha umuntu utabishaka”.

Papa Claude agiye kugurishwa muri LLBA
Papa Claude agiye kugurishwa muri LLBA

Uyu muvugizi wa Mukura yavuze ko ikihutirwa iyi kipe iri gukora, ari ukubonera ibyangombwa umukinnyi wabo baguze mu gihugu cy’u Burundi Niyonzima Ally, aho bizera ko ikipe ya Academie Tchite bamukuyemo, igiye kuboherereza ibyangombwa bye mu minsi mike iri imbere.

Mukura VS yatangiye umwaka wa shampiyona nabi, ubu igeze ku mwanya wa 11 n’amanota 13,, aho iheruka kunganya na Rayon Sports 0-0 mu mukino washoje igice kibanza cya shampiyona y’icyiciro cya mbere.

Mukura yizeye kwitwara neza mu mikino yo kwishyura
Mukura yizeye kwitwara neza mu mikino yo kwishyura

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ariko mwanditse inkuru itarimo rayon ntabwo yasomwa? Uwo mukinnyi ko akina nk’umunyamahanga murabona akenewe se mu ikipe yacu. Ubuyobozi bwa Rayon nibwerekeze amaso mu isonga.Hari abakinnyi beza.

jff yanditse ku itariki ya: 14-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka