Kuri uyu wa Kabiri tariki 02/01/2022, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko Ishimwe Kevin ukina asatira izamu, na Bukuru Christophe ari abakinnyi bayo bashya bazatangira kuyikinira mu mikino yo kwishyura izatangira tariki 19/01/2022.
Ishimwe Kevin yigeze gukinira ikipe ya Rayon Sports nyuma aza kuyivamo ajya mu makipe nka Sunrise, Pépinière, APR FC ndetse na Kiyovu Sports baheruka gutandukana mu minsi ishize, akaba yasinyiye Rayon Sports amezi atandatu.




Bukuru Christophe nawe si ubwa mbere akiniye Rayon Sports, kuko yayikiniye akaza kuyivamo mu ikipe ya APR FC, iyi ikaba yaraje kumusezerera ashinjwa imyitwarire mibi, akaba yari amaze igihe kigera ku mwaka atagaragara mu mupira w’u Rwanda.




Undi mukinnyi ikipe ya Rayon Sports yasinyishije ni rutahizamu Mael DINDJEKE ukomoka muri Cameroun, akaba yakiniraga ikipe yaho yitwa Bamenda FC ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere.




National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Tubashimiye amakuru meza mutugezaho.
Mwiri?ndabakunda cyane nd`umufanawarayon sports gikundiro tuyirinyuma turayikunda cyane babix