Bugesera yahize gutsinda APR FC, Rayon Sports yiyemeza guha ibyishimo abafana

Mu mikino y’umunsi wa kabiri wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda itegerejwe kuri uyu wa kabiri, hategerejwe imikino ibiri izahuza amakipe ahabwa amahirwe y’igikombe

Kuri uyu wa Kabiri tariki 07/10/2019, haraza gukomeza Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, aho haza kuba hakinwa imikino y’umunsi wa kabiri.

Kuri uyu munsi, umwe mu mikino itegerejwe cyane harimo umukino Rayon Sports izaba yakiriyemo ikipe ya AS Kigali kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, aya makipe yombi akaba yari yanganyije imikino y’umunsi wa mbere aho AS Kigali yanganyije na APR Fc, naho Rayon Sports inganya na Gasogi United 1-1.

APR FC yanganyije umukino ubanza, intego yayo nabo ni ugutsinda buri mukino
APR FC yanganyije umukino ubanza, intego yayo nabo ni ugutsinda buri mukino

Mu mukino uzabera kuri Stade ya Bugesera i Nyamata, ikipe ya Bugesera iheruka kuhatsindira ikipe ya Heroes ibitego 2-0, yahigiye no kuhatsindira ikipe ya APR FC, aho iyi kpe ya Bugesera yaniyubatse yiteguye kwitwara neza.

Umunyamabanga mukuru wa Bugesera Sam Karenzi, yatangaje ko biteguye neza kuhatsindira ikipe ya APR Fc, aho by’umwihariko avuga ko baguze abakinnyi beza bafite ubushobozi bwo gutsinda buri wese.

Bugesera ni imwe mu makipe yiyubatse uyu mwaka, yahize gutsindira APR FC i Bugesera
Bugesera ni imwe mu makipe yiyubatse uyu mwaka, yahize gutsindira APR FC i Bugesera

Ikipe ya Bugesera uyu mwaka yongeyemo amaraso mashya aho yaguze abakinnyi bafite amazina azwi nka Shabban Hussein Tchabalala, Mustafa Francis, Kibengo Jimmy uzwi nka Jimmy Mbaraga, Peter Otema ndetse n’abandi.

Rayon Sports idahagaze neza, ifite intego yo kongera gushimisha abafana

Undi mukino utegerejwe na benshi, ni umukino uzahuza ikipe ya Rayon Sports izaba yakiriye AS Kigali kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku i Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Rayon Sports iheruka gutsindwa na AS Kigali kuri Super Cup, bagiye kongera kwisobanura kuri uyu wa Kabiri
Rayon Sports iheruka gutsindwa na AS Kigali kuri Super Cup, bagiye kongera kwisobanura kuri uyu wa Kabiri
Abakinnyi ba Rayon Sports nabo bafite inyota yo kubona amanota atatu ya mbere
Abakinnyi ba Rayon Sports nabo bafite inyota yo kubona amanota atatu ya mbere

Ikipe ya Rayon Sports iheruka guhurira na AS Kigali mu gikombe kiruta ibindi, aho AS Kigali yatsinze Rayon Sports kuri Penaliti, ndetse kandi AS Kigali ni nayo yari yasezereye Raayon Sports mu gikombe cy’Amahoro, aho Rayon Sports itifuza gutindwa na AS Kigali gatatu gakurikirana.

AS Kigali ni imwe mu makipe akunda kugora Rayon Sports
AS Kigali ni imwe mu makipe akunda kugora Rayon Sports

Umutoza wa Rayon Sports Javier Martinez Espinoza, ubwo yamaraga unganya na Gasogi United, yatangaje ko n’ubwo maze iminsi mike muri iyi kipe, abona hari icyizere ko ikipe ye izitwara neza mu mikino iri imbere.

Imikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona

Ku wa Kabiri tariki ya 8 Ukwakira 2019

Rayon Sports vs AS Kigali 18h00
Bugesera FC vs APR FC 15h00

Ku wa Gatatu tariki ya 9 Ukwakira 2019

Gicumbi FC vs AS Muhanga FC
Musanze FC vs Police FC
Gasogi United vs Marines FC
Sunrise FC vs Mukura VS
Espoir FC vs SC Kiyovu
Heroes FC vs Etincelles FC

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka