Bugesera FC yasinyishije umunyezamu Habineza Fils François

Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko yasinyishije Habineza Fils François wakiniraga Etoile de l’Est, amasezerano y’imyaka itatu.

Habineza Fils François yasinyiye Bugesera FC
Habineza Fils François yasinyiye Bugesera FC

Ibi Bugesera FC yabitangaje mu gihe habura amasaha macye ngo isoko ryo muri Mutarama 2025 rirangire kuko rifunga saa yine z’ijoro, aho bavuze ko uyu musore yasinyiye iyi kipe amasezerano y’imyaka itatu ayikinira.

Habineza abaye umukinnnyi wa gatatu usinyiye Bugesera FC yasoje imikino ibanza ya shampiyona iri ku mwanya wa 16, nyuma ya myugariro Eric Ngendahimana yatijwe na AS Kigali kugeza umwaka w’imikino urangiye na Dushimimana Eric yakuye muri La Jeunusse wasinye imyaka ine, mu gihe byitezwe ko inongeramo rutahizamu ukomoka muri Nigeria umaze igihe mu igeragezwa.

Bugesera FC izatangira imikino yo kwishyura ya shampiyona yakirwa n’ikipe ya AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium, tariki 8 Gashyantare 2025 saa cyenda zuzuye.

Habineza yasinyiye Bugesera FC amasezerano y'imyaka itatu
Habineza yasinyiye Bugesera FC amasezerano y’imyaka itatu

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka