Bizimana Yannick yatowe nk’umukinnyi w’ukwezi muri Rayon Sports (AMAFOTO)

Rutahizamu wa Rayon Sports Bizimana Yannick, ni we watowe nk’umukinnyi wahize abandi mu kwezi kwa 11 muri Rayon Sports

Kuri uyu wa Gatatu ku kibuga cy’imyitozo cya Rayon Sports cyo mu Nzove, habereye umuhango wo gutora umukinnyi wahize abandi muri Rayon Sports, igihembo gitangwa n’itsinda ry’abafana rya March Generation ku bufatanye na Skol.

Abakinnyi batatu bari bahanganye ku gihembo cy’ukwezi kwa 11/2019, ni myugariro Rugwiro Herve, Iranzi Jean Claude ndetse na Bizimana Yannick wegukanye iki gihembo, akaba yahawe igihembo cy’ibihumbi 100 Frws.

Kugira ngo hemezwe umukinnyi witwaye harebwa uko abakinnyi bitwaye muri uko kwezi, itsinda rishinzwe kubitegura rigatoranya abakinnyi batatu, nyuma hagakorwa amatora ku mbuga nkoranyambaga, ugize amajwi menshi akegukana igihembo, aho Yannick Bizimana yagize amajwi 1566 mu bantu 2105 batoye.

Bizimana Yannick yashyikirijwe igihembo na Cyiza Richard (Umubitsi wa Rayon Sports) ndetse na Tuyishimwe Kharim ushinzwe itangazamakuru muri Skol
Bizimana Yannick yashyikirijwe igihembo na Cyiza Richard (Umubitsi wa Rayon Sports) ndetse na Tuyishimwe Kharim ushinzwe itangazamakuru muri Skol
Bizimana Yannick ubwo yajyaga gushyikirizwa ibihembo
Bizimana Yannick ubwo yajyaga gushyikirizwa ibihembo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Congs to BIZIMANA Yanick wakoze neza kabisa

fils yanditse ku itariki ya: 12-12-2019  →  Musubize

Uyu musore igihembo yari agikwiriye rwose. Abamutoye batoye neza rwose!!! Azongera ahabwe n’ibindi.

Muhelene yanditse ku itariki ya: 12-12-2019  →  Musubize

BIZIMANA Yannick wari ukwiriye icyo gihembo, ukomeze ukore cyane udutsindire ibitego, urebe ukuntu imigisha myinshi igutetegereje imbere. Imana ibigufashemo.

insanzi yanditse ku itariki ya: 12-12-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka