Bayern Munich yanditse amateka yo gutwara ibikombe bitatu bikomeye mu mwaka umwe

Nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona, igatwara n’igikombe cya ‘Champions League’, tariki 01/06/2013, Bayern Munich yanatwaye igikombe cy’igihugu bita ‘DFB-Pokal’ itsinze Stuttgart ibitego 3-2.

Abakinnyi ba Bayern Munich n'umutoza wabo bishimira igikombe "German Cup" nyuma yo gutsinda Stuttgart.
Abakinnyi ba Bayern Munich n’umutoza wabo bishimira igikombe "German Cup" nyuma yo gutsinda Stuttgart.

Igitego cya mbere cya Bayern cyatsinzwe na Thomas Muller kuri penaliti, n’ibindi bitego bibiri bya Mario Gomez, nibyo byahesheje Bayern Munich kwandika amateka atari yarigeze akorwa n’ikipe iyo ariyo yose mu gihugu cy’Ubudage.

Umutoza wa Bayern Munich n'ibikombe bitatu yegukanye muri uyu mwaka: The Bundesliga, Champions League na The German Cup.
Umutoza wa Bayern Munich n’ibikombe bitatu yegukanye muri uyu mwaka: The Bundesliga, Champions League na The German Cup.

Icyo gikombe yagitwaye ibanje kwiyuha akuya, kuko Stuttgart yayigoye cyane, dore ko nayo yatsinze muri uwo mukino ibitego bibiri byatsinzwe na Martin Harnik, ariko inanirwa gutsinda icya gatatu ngo ibuze amahirwe Bayern.

Frank Ribery na Neuer bamena inzoga ku mutoza wabo mu rwego rwo kwishimira igikombe.
Frank Ribery na Neuer bamena inzoga ku mutoza wabo mu rwego rwo kwishimira igikombe.

Bayen ibaye ikipe ya karindwi ku mugabane w’Uburayo ikoze amateka yo kwegukana ibikombe bitatu bikomeye mu mwaka umwe nyuma ya Celtic yabigezeho mu mwaka wa 1967, Ajax Amsterdam mu mwaka wa 1972, PSV Eindhoven mu 1988, Manchester United mu mwaka wa 1999, FC Barcelona muri 2009 na Inter Milan muri 2010.

Nubwo umutoza Josef "Jupp" Heynckes ariwe wafashije Bayern gukora aya mateka, yahise ayisezeramo nk’uko yari yarabitangaje mbere, ndetse n’ubuyobozi bw’iyo kipe bukabimwemerera.

Abafana ba Bayern Munich bamanitse igitambaro cyanditseho amagambo ashimira akanasezera ku mutoza Heynckes.
Abafana ba Bayern Munich bamanitse igitambaro cyanditseho amagambo ashimira akanasezera ku mutoza Heynckes.

Heynckes w’imyaka 68, agiye gusimburwa na Pep Guardiola wahoze atoza FC Barcelone.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka