Bahawe indi Miliyoni, babiri babanzamo ntibakora: uko Rayon Sports yiteguye Mukura

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwitegura ikipe ya Mukura mu mukino w’ikirarane uzasoza imikino ibanza, uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Mutarama 2025 kuri Stade ya Huye.

Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yakomeje imyitozo yo kwitegura uwo mukino kugira ngo izawutsinde ikomeze kuyobora shampiyona nta nkomyi.

Gikundiro Forever yatanze agahimbazamusyi ka Miliyoni

Nk’uko byemejwe n’amatsinda y’abafana (Fan Clubs) ko bagomba kwishyira hamwe bagaha agahimbazamusyi abakinnyi kuri buri mukino, mu rwego rwo kubatera imbaraga zo kwegukana shampiyona, kuri uyu wa Kabiri bagashyikirijwe.

Umuyobozi wa Gikundiro Forever Dr Uwiragiye Norbert ashyikiriza Mujyanama Fidele Team Manager wa Rayon Sports agahimbazamusyi bagenewe
Umuyobozi wa Gikundiro Forever Dr Uwiragiye Norbert ashyikiriza Mujyanama Fidele Team Manager wa Rayon Sports agahimbazamusyi bagenewe

Ni agahimbazamusyi kangana na Miliyoni imwe y’Amafaranga y’u Rwanda (1,000,000 Frws), bashyikirijwe n’itsinda ry’abafana rizwi nka Gikundiro Forever, bakaba bayashyikirijwe nyuma y’imyitozo yabereye mu Nzove.

Abagize Gikundiro Forever bakusanyije agahimbazamusyi ka Miliyoni
Abagize Gikundiro Forever bakusanyije agahimbazamusyi ka Miliyoni
Abatoza ba Rayon Sports mu myitozo yo kuri uyu wa Kabiri
Abatoza ba Rayon Sports mu myitozo yo kuri uyu wa Kabiri

Aka gahimbazamusyi kaje nyuma y’indi Miliyoni baheruka guhabwa n’itsinda rya Dream Unity, bakaba baragahawe umukino batsinzemo Police HC ibitego 2-0 ukirangira.

Abagize Dream Unity nabo bari batanze akandi gahimbazamusyi ka Miliyoni
Abagize Dream Unity nabo bari batanze akandi gahimbazamusyi ka Miliyoni

Imyitozo yo kwitegura Mukura irakomeje...

Mu myitozo yo kuri uyu wa Kabiri, Omborenga Fitina umaze iminsi ufite imvune ntiyakoze iyi myitozo, mu gihe Muhire Kevin witegura gusubukura imyitozo yuzuye we yakoreraga ku ruhande afashwa n’abashinzwe kongerera imbaraga abakinnyi.

Rayon Sports ubwo yari isoje imyitozo mu Nzove
Rayon Sports ubwo yari isoje imyitozo mu Nzove

Umukinnyi Nsabimana Aimable wari warahagaritse imyitozo, na we kuva ku wa Mbere yongeye kuyisubukura, ndetse akaba yanakoze iyo kuri uyu wa Kabiri, mu gihe Aruna Mussa Madjaliwa we yari yicaye mu bafana akurikirana imyitozo.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mujyanama ntago yitwa JMV yitwa FIDEL

Alias yanditse ku itariki ya: 8-01-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka