Komite ya Etincilles FC yateranye tariki 23/07/2012 yemeza ko Bizumuremyi Ladjab wari usanzwe atoza ikipe ya Marine ndetse na Kakooza Muhamed, wari usanzwe ari umutoza wungirije muri Etincelles aribo bazavamo uzahabwa akazi ko gutoza Etincelles.
Kuri uyu wa kabiri tariki 24/07/2012 nibwo komite ya Etincelles iri bugirane ibiganiro n’aba batoza bombi nyuma bahitemo umwe; nk’uko Dukuza Christian, perezida wa Etincelles yatangarije Kigali Today.

Dukuze yagize ati “ugomba gutoza Etincelles aramenyekana mu masaha make kuko imyitozo izatangira ejo kandi igomba gutangira dufite umutoza mukuru.”
Kuva muri shampiyona ishize, Etincelles yatozwaga na Kakooza Muhamed wari usanzwe ari umutoza wungirije akaba yarasimbuye Sogonya Hamiss wari umaze gusezererwa.
Jacques Furaha
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|