Ba myugariro babiri ba Rayon Sports ntibemerewe gukina umukino wa Muhanga

Shampiyona y’icyiciroc ya mbere mu mpira w’amaguru irakomeza kuri uyu wa Kabiri, aho abakinnyi barindwi batemerewe gukina imikino y’umunsi wa cumi kubera amakarita

Kuri uyu wa kabiri ku bibuga bitandukanye ni bwo haza kuba hakinwa imikino y’umunsi wa cumi wa shampiyona, aho imwe mu mikino itegerejwe cyane harimo umukino Sunrise igomba kwakiramo APR Fc i Nyagatare, Kiyovu ikazakira Bugesera, ndetse na Rayon Sports izaba yakiriye AS Muhanga.

Eric Rutanga nawe ntiyemerewe gukina uyu mukino wa AS Muhanga
Eric Rutanga nawe ntiyemerewe gukina uyu mukino wa AS Muhanga

Mu bakinnyi batemerewe gukina imikino y’umunsi wa cumi, harimo kapiteni wa Rayon Sports Eric Rutanga, ndetse na myugariro Iragire Saidi wa Rayon Sports, aba bakaba bamaze iminsi babanzamo muri iyi kipe.

Imikino y’umunsi wa cumi wa shampiyona

Ku wa Kabiri tariki 26/11/2019

Heroes FC vs Musanze FC (Stade Bugesera, 15h00)
Gasogi United vs Gicumbi FC (Stade de Kigali, 15h00)
Sunrise FC vs APR FC (Stade Nyagatare, 15h00)

Ku wa Gatatu tariki 27/11/2019

SC Kiyovu vs Bugesera FC (Stade Mumena, 15h00)
Police FC vs Marines FC (Stade de Kigali, 15h00)
Mukura VS vs Etincelles FC (Stade Huye, 15h00)

Ku wa Kane tariki 28/11/2019

Rayon Sports FC vs AS Muhanga (Stade de Kigali, 15h00)
Espoir FC vs AS Kigali (Stade Rusizi, 15h00)

Abakinnyi barindwi batemerewe gukina umunsi wa 10

1. Rutanga Eric (Rayon Sports FC)
2. Iragire Saidi (Rayon Sports FC)
3. Iyabivuze Osee (Police FC)
4. Rucogoza Aimable (Etincelles FC)
5. Mutebi Rashid (Etincelles FC)
6. Bizimana Joe (Bugesera FC)
7. Ndayishimiye Dieudonne (AS Muhanga)

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka