Aruba yegukanye igikombe, Tanzania yegukana umwanya wa gatatu muri FIFA Series 2026(Amafoto)

Kuri iki Cyumweru, kuri Kigali Pelé Stadium hasorejwe Imikino ya gicuti Mpuzamahanga ’FIFA Series’ mu itsinda rya kabiri aho ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe naho Tanzania ikegukana umwanya wa gatatu inyagiye Macau 6-0.

Aruba yegukanye igikombe cya FIFA Series 2026 mu itsinda rya kabiri ryakiniraga kuri Kigali Pele Stadium
Aruba yegukanye igikombe cya FIFA Series 2026 mu itsinda rya kabiri ryakiniraga kuri Kigali Pele Stadium

Ni imikino yari iy’umunsi wa kabiri muri iri tsinda, yatangiye ku isaha ya Saa Cyenda zuzuye, aho ikipe ya Tanzania yatsinzwe na Liechtenstein 1-0 ku munsi wa mbere yakinaga na Macau yanyagiwe na Aruba 4-1 bahatanira umwanya wa gatatu. Umukino woroheye Tanzania kuko igice cya mbere cyarangiye itsinze ibitego 3-0 bya Charles Mombwa ku munota wa 16, Bakary Mwamnyeto ku munota wa 26 ndetse na Mudathir Yahya watsinze icya gatatu ku munota wa 45.

Mu gice cya kabiri Tanzania n’ubundi yabonyemo ibindi bitego bitatu byatsinzwe na Peter Paul ku munota wa 56, Miroshi Novatus atsinda icya gatanu ku munota wa 74 mu gihe Tarryn Allarakhia yatsinze icya gatandatu ku munota wa 87 igasoza umukino yegukanye umwanya wa gatatu muri iri tsinda, nyuma yo gutsinda ibitego 6-0.

Nyuma y’uyu mukino, ku isaha ya Saa Kumi n’Ebyiri hari hateganyijwe umukino wa nyuma muri iri tsinda aho ikipe y’igihugu ya Aruba yakinaga na Liechtenstein ku mukino wa nyuma w’iri tsinda rya kabiri. Ikipe y’igihugu ya Aruba yabonye igitego cya mbere ku munota wa 16 gitsinzwe na Romano, Roberta atsinda icya kabiri ku munota wa 25 igice cya mbere kirangira ifite ibitego 2-0 bwa Liechtenstein.

Nyuma y’iminota irindwi, igice cya kabiri gitangiye, ku munota wa 52 Liechtenstein yabonye igitego cya mbere cyo kwishyura gitsinzwe na Zund ariko ku munota wa 69 Breinburg atsindira Aruba icya gatatu mu gihe ku munota wa kane w’inyongera mbere y’uko umukino urangira Van Kilsdonk yayitsindiye icya kane, ikegukana igikombe itsinze ibitego 4-1 mu gihe umukinnyi wayo Romano yabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa muri iri tsinda.

Kuri uyu wa Mbere, hateganyijwe imikino ya nyuma mu itsinda rya mbere ryakiniye kuri Stade Amahoro, aho ku isaha ya Saa Kumi z’umugoroba Kenya yatsinzwe na Estonia mu mukino wa mbere penaliti 5-4 izakina na Grenada yatsinzwe n’Amavubi ibitego 4-0 bahatanira umwanya wa gatatu. Nyuma y’uyu mukino, ku isaha ya Saa Moya n’Igice z’Ijoro, u Rwanda ruzakina umukino wa nyuma Estonia hashakwa ikipe yegukana igikombe muri iri tsinda.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka