Ni igikombe yashyikirijwe nyuma yo gutsindira Crystal Palace iwayo ibitego 2-1 ku mukino w’umunsi wa nyuma aho imikino yose uko ari icumi yakiniwe icyarimwe Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba.
Gutsinda uyu mukino byatumye isoza iyoboye shampiyona n’amanota 85 mu mikino 38 yatsinzemo 27, inganya irindwi itsindwa itanu.
Iyi kipe yakurikiwe na Manchester City yo yasoje ifite amanota 78, nyuma yo gutsindirwa na Aston Villa mu rugo ibitego 2-1.
Muri iyi shampiyona amakipe ya Westham United, Burnley na Wolverhampton yamanutse mu cyiciro cya kabiri.
Ibindi byaranze umunsi wa nyuma wa Premier League 2025-2026:
Tottenham yagumye mu cyiciro cya mbere
Ku munsi wa nyuma wa shampiyona y’u Bwongereza, ikipe ya Tottenham Hotspurs yari ifite ibyago byo kumanuka mu cyiciro cya kabiri yagumye mu cyiciro cya nyuma yo gutsinda Everton igitego 1-0 mu gihe na Everton bari banganye yatsinze Leeds United 3-0.
Liverpool yasezeye Mohamed Salah na Andy Robertson
Ikipe ya Liverpool yasoje shampiyona inganyiriza na Brentford mu rugo igitego 1-1, inasezera Umunya-Misiri Mohamed Salah wari umaze imyaka icyenda ayikinira. Uyu mugabo avuye muri iyi kipe atwaye ibikombe icyenda birimo shampiyona ebyiri na Champions League imwe.
Iyi kipe kandi yasezeye myugariro w’ibumoso Andy Robertson nawe wari umaze imyaka icyenda ayikinira aho nawe yatwaranye ibikombe nk’ibi na Mohamed Salah.
Man City yasezeye umutoza Pep Guardiola wari umaze imyaka icumi, Bernardo Silva na John Stones
Ikipe ya Man City yasoje shampiyona itsindirwa mu rugo na Aston Villa ibitego 2-1, mu mukino wa nyuma umutoza Pep Guardiola yatozaga iyi kipe yagezemo mu 2015 aho ayivuyemo atwaye ibikombe 20 birimo bitandatu bya shampiyona ndetse n’igikombe kimwe cya Champions League.
Iyi kipe kandi yasezeye ku Munya-Portugal Bernardo Silva nawe wayigezemo mu 2014 aho ayivuyemo atwaye ibikombe 20 birimo shampiyona esheshatu na Champions League imwe.
Uyu yajyanye na John Stones wageze muri iyi kipe mu 2016 nawe avuyemo atwaye ibikombe 20 birimo shampiyona esheshatu na Champions League imwe.
Erling Haaland yatsinze ibitego byinshi, Bruno Fernandes akora amateka
Rutahizamu wa Man City, Erling Haaland yatsinze ibitego byinshi 27, byatumye aba ariwe uyobora abandi bose muri uyu mwaka w’imikino.
Umunya-Portugal, Bruno Fernandes ukinira Manchester United yakoze amateka yo gutanga imipira myinshi ivamo ibitego mu mwaka umwe, kuko yatanze 21, akanyura kuri Thierry Henry na Kevin de Bryne bari bafite aka gahigo n’imipira 20.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|