Kuri uyu wa Kane Shampiyona y’icyiciro cya mbere yari yasubukuwe, aho APR FC ari yo kipe yabimburiye andi kubona amanota atatu.

Ku i Saa Sita zuzuye ni bwo hari hatangiye umukino wahuzaga ikipe ya APR FC na Bugesera, aho APR FC umukino warangiye itsinze Bugesera ibitego 3-0.
Ibitego bya APR FC byatsinzwe na Omborenga kuri Coup-franc, Manishimwe Djabel atsina icya kabiri kuri Penaliti, naho Byiringiro Lague atsinda icya gatatu.
Mu mukino wari urimo guhangana, Police Fc yaguye miswi na Rayon Sports.
Nyuma y’umukino wa APR FC na Bugesera, hakurikiyeho umukino wari witezwe na benshi wahuje Rayon Sports na Police Fc.
Ikipe ya Police FC ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 20 ku gitego cyatsinzwe na Sibomana Patrick, Héritier Luvumbu aza kucyishyura kuri Penaliti yari ikorewe Sugira Ernest.

Amakipe yombi yakomeje gushakisha uburyo bwavamo ibitego, gusa birangira amakipe anganyije igitego 1-1.





Uko imikino yose yagenze
Amakipe ahatanira igikombe
Bugesera 0-3 APR FC
Espoir Fc 1-0 Marines Fc
Rutsiro Fc 0-2 AS Kigali FC
Police Fc 1-1 Rayon Sports
Amakipe ahatanira kutamanuka
As Muhanga 0-2 Gorilla Fc
MukuraVS 1-0 EtincellesFC
Sunrise Fc 1-1 Gasogiunited
Kiyovu Sports 1-2 Musanze Fc
National Football League
Ohereza igitekerezo
|