Nyuma y’iminsi yari ishize ikipe ya APR FC ymnara imyenda yakozwe n’inganda zitandukanye zirimo Macron, Adidas ndetse na Errea, kuri uyu wa Kabiri ni bwo iyi kipe yakiriye ibikoresho bishya ndetse imurika bimwe izakoresha muri uyu mwaka w’imikino wa 2020-21.
Ibi bikoresho byiganjemo imyambaro ikipe izajya yambara haba mu myitozo, mu mikino itandukanye, hanze y’ikibuga, no mu ngendo izajya ikora. Harimo n’ibindi bikoresho bigezweho by’ikoranabuhanga bizajya bifasha ikipe kunoza imyitozo yayo ya buri munsi.
Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Interineti, yavuze ko iri gutegura umunsi izereka ku mugaragaro abakunzi b’ ikipe n’itangazamakuru ibi bikoresho bishya ndetse na nomero abakinnyi bazajya bambara, bikaba bizaba nyuma yo gukina umukino wo kwishyura izahuramo na Gor Mahia yo muri Kenya.
Imyambaro n’ibikoresho bishya APR FC izakoresha muri uyu mwaka w’imikino








National Football League
Ohereza igitekerezo
|
APR FC yakwambaraneze yarusha rayon sports