APR FC yasezereye Rayon Sport mu gikombe cy’Amahoro bigoranye

APR FC yatsindiye kujya muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera Rayon Sport iyitsinze ibitego 2-1 mu mukino wa ¼ cy’irangiza wabereye kuri sitade ya Kigali ku cyumweru tariki ya 8/6/2014.

Ibitego bya Mubumbyi Bernabé na Nshutinamagara Ismail bita Kodo batsinze mu gice cya mbere byari bihagije ngo basezerere Rayon Sport, n’ubwo nayo yabonye icy’impozamarira cyatsinzwe na Meddie Kagere mu gice cya kabiri.

Ni umukino warimo guhangana gukomeye ku mpande zombi.
Ni umukino warimo guhangana gukomeye ku mpande zombi.

Rayon Sport yashakaga igikombe cy’Amahoro nyuma yo kubura icya shampiyona cyegukanywe na mukeba wayo APR FC yatangiranye imbaraga nyinshi ishaka no gutsinda ariko amahirwe menshi Kagere Meddie yabonye akayapfusha ubusa.

APR FC yari yakinnye yugarira cyane yaje gutangira gusatira ndetse bihita bigira akamaro ku munota wa 34 ubwo Mubumbyi Bernabé yafataga icyemezo akarekura ishoti ryaruhukiye mu izamu rya Rayon Sport ryari ririnzwe na Ndayishimiye Jean Luc bita Bakame.

Kagere Meddie wa Rayon Sport yananiwe kureba mu izamu rya Ndoli wa APR FC inshuro nyinshi muri uwo mukino.
Kagere Meddie wa Rayon Sport yananiwe kureba mu izamu rya Ndoli wa APR FC inshuro nyinshi muri uwo mukino.

Icyo gitego cyahungabanyije cyane Rayon Sport yari yatangiye umukino yitwara neza, itangira gukina nabi ba myugariro batumvikana neza hagati yabo, bibagiraho ingaruka mbi ubwo Nshutimanagara Isimail Kodo yabatsindaga igitego cya kabiri n’umutwe ku mupira wari uvuye muri koroneri ku munota wa 38.

Amakipe yagiye kuruhuka ari ibitego 2-0 ariko igice cya kabiri umukino uhindura isura, Rayon Sport ishaka kwishyura ibyo bitego. Mbusa Kombi Billy na Thierry Hitimana batozaga Rayon Sport bashyize mu kibuga Hategekimana Aphrosis uzwi ku izina rya Kanombe asimbuye Sibomana Hussein maze atangira kohereza imipira myiza imbere.

Abakunzi ba Rayon Sport bari baje ari benshi nk'uko bisanzwe n'ubwo batatahanye intsinzi.
Abakunzi ba Rayon Sport bari baje ari benshi nk’uko bisanzwe n’ubwo batatahanye intsinzi.

Ku munota wa 53 kuri ‘coup Franc’ yari itewe na Hategekimaan Aphrodis, Meddie kagere wari wakunze guhusha ibitego cyane yahise atsinda igitego cya mbere cya Rayon Sport cyatumye umukino uhinduka cyane. Rayon Sport yakomeje gusatira, APR FC yari ifite ibitego byayo bibiri iguma kugarira, ndetse ikananyuzamo igatinza umukino.

Mu minota ya nyuma y’umukino amakipe yombi yabonye amahirwe kuri Mwiseneza Djamal wa Rayon Sport na Iranzi Jean Claude wa APR FC, ariko habura n’umwe unyegenyeza incundura, umukino urangira ari intsinzi ya APR FC y’ibitego 2-1.

Mubumbyi Barnabe wambaye nimero 9 niwe wafunguriye APR FC amahirwe atsinda igitego cya mbere.
Mubumbyi Barnabe wambaye nimero 9 niwe wafunguriye APR FC amahirwe atsinda igitego cya mbere.

Mu mikino ya ½ cy’irangiza izaba ku wa kabiri tariki 10/06/2013, APR FC izakina na Kiyovu Sport yasezereye Espoir FC iyitsinze igitego 1-0 i Muhanga ku cyumweru, naho SEC Academy yasezereye Amagaju ku bitego 4-0, ikazahura na Police FC yasezereye Musanze FC iyitsinze ibitego 2-1.

Abakinnyi Ndoli Jean Claude, Rusheshangoga Michel, Nshutinamagara Ismail, Emery Bayisenge, Ngabo Albert, Buteera Andrew, Mugiraneza Jean Baptiste, Tibingana Charles , Iranzi Jean Claude, Ndahinduka Michel na Mubumbyi Bernebé babanje mu kibuga ku ruhande rwa APR FC
Abakinnyi Ndoli Jean Claude, Rusheshangoga Michel, Nshutinamagara Ismail, Emery Bayisenge, Ngabo Albert, Buteera Andrew, Mugiraneza Jean Baptiste, Tibingana Charles , Iranzi Jean Claude, Ndahinduka Michel na Mubumbyi Bernebé babanje mu kibuga ku ruhande rwa APR FC
Abakinnyi ba Rayon Sport Ndayishimiye Jean Luc, Arafat Serugendo, Mukubya James, Abouba Sibomana, Hussein Sibomana, Ndatimana Robert, Uwambajimana Leon, Fuadi Ndayisenga, Meddie Kagere, Mwiseneza Djamal babanje mu kibuga.
Abakinnyi ba Rayon Sport Ndayishimiye Jean Luc, Arafat Serugendo, Mukubya James, Abouba Sibomana, Hussein Sibomana, Ndatimana Robert, Uwambajimana Leon, Fuadi Ndayisenga, Meddie Kagere, Mwiseneza Djamal babanje mu kibuga.

Imikino ya ½ yo kwishyura izakinwa tariki ya 18/6/2015, naho umukino wa nyuma ukazakinwa tariki 04/07/2014 ku munsi wo Kwibohora.
AS Kigali yari yatwaye igikombe cy’Amahoro giheruka itsinze AS Muhanga ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma yavuye mu irushanwa ry’uyu mwaka isezerewe na Rayon Sport muri 1/8 cy’irangiza.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka