I Huye, APR yihereranye Police Fc
Mu mukino wari utegerejwe cyane uyu munsi, APR FC yongereye amahwirwe yo kwegukana igikombe, nyuma yo gutsinda Police FC ibitego bitatu ku busa.
Ibitego bitatu bya APR FC byabonetse mu gice cya kabiri cy’umukino, byatsinzwe na Omborenga Fitina ku munota wa 66 Mugunga Yves atsinda bibiri ku munota wa 75 n’uwa 84.


AS Kigali ikomeje urugamba rwo kwegukana igikombe cya shampiyona bwa mbere mu mateka
Iyi kipe yari yerekeje i Muhanga mu mukino wayihuje na ESPOIR, umukino warangiye AS Kigali iyinyagiye ibitego 4-0.
Ibitego bya AS Kigali byatsinzwe na Shabban Huseein Tchabalala, Muhadjiri Hakizimana atsinda ibitego bibiri, na Biramahire Abeddy atsinda icya nyuma.
Rayon Sports yatsikiriye i Rubavu, ikura amaso ku gikombe
Ni wo mukino wabimburiye indi, aho Rayon Sports ari yo yatsinze igitego cya mbere cyatsinzwe na Nishimwe Blaise, Marines iza kwishyurirwa na Ngabo Mucyo Freddy "Januzaj".
National Football League
Ohereza igitekerezo
|