APR FC itwaye shampiyona 2024-2025, iba iya gatandatu yikurikiranya

Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025 nyuma yo gutsindira i Ngoma Muhazi United 1-0 mu gihe Rayon Sports yanganyirije na Vision FC 0-0 kuri Kigali Pele Stadium.

Ibi APR FC yabigezeho ku munsi wa 29 wa shampiyona, ibifashijwemo na rutahizamu Djibril Ouatarra wayitsindiye igitego kimwe rukumbi yatsinze Muhazi United ku munota wa 36 w’umukino, cyanatumye umukino urangira ari 1-0. Ibi byahise bituma abakunzi bayo benshi bari bayiherekeje batahana ibyishimo by’igikombe batwaye ku nshuro ya gandatu yikurikiranya kuva mu 2020.

Gutwara igikombe kwa APR FC ku munsi wa 29 wa shampiyona habura umukino umwe ngo irangire, byatewe no kuba ku rundi ruhande Rayon Sports ya kabiri yari yakiriye Vision FC kuri Kigali Pele Stadium idafite abafana, ikahanganyiriza 0-0 byatumye igira amanota 60 mu gihe APR FC yagize 64 kandi hasigaye umukino umwe w’amanota atatu.

Muri rusange APR FC yegukanye igikombe cya 23 cya shampiyona mu mateka yayo mu gihe kandi igishyize ku Gikombe cy’Amahoro 2025 nacyo yegukanye, ikagarura amateka yo gutwara ibikombe bibiri mu mwaka umwe yaherukaga gukora 2014.

National Football League

Ibitekerezo   ( 4 )

Yahawe igikombe ntacyo yatwaye. Tutabizi katas ziyibaho. Gusa Rayon izajya yitabira umupira yakiriye naho iyo yasuyemo amafaranga azajya ashyirwa kuri momo yikipe Aho kuyaha abakeba. Kuko yamaze kumenyets gukina nta bafana maze turebe amakipe ayikiriraho cyangwa ahembwa Ari uko yakinnye na Rayon. Ngaho Apr nikomeze iyategurire locale

Kamotera yanditse ku itariki ya: 25-05-2025  →  Musubize

APR hejuru cyaneeee igikombe irakimanika

Erineste yanditse ku itariki ya: 24-05-2025  →  Musubize

Congratulations my Apr

Cyamutabazi yanditse ku itariki ya: 24-05-2025  →  Musubize

Congratulations my Apr nkunda

Cyamutabazi yanditse ku itariki ya: 24-05-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka