Mu mikino y’umunsi wa gatandatu inabanziriza umunsi wa nyuma wa shampiyona, ikipe ya APR FC yanyagiriye ikipe ya Marines FC I Huye ibitego 6-0, mu mukino watumye APR FC yizera igikombe cya shampiyona.


Ibitego bya APR FC byatsinzwe na Djabel Manishimwe ku munota wa 51, Lague Byiringiro atsindamo ibitego bitatu ku munota wa 66, 77 ndetse n’uwa 81. Igitego cya nyuma cya APR FC cyatsinzwe na Yves Mugunga ku munota wa 89, umukino urangira ari ibitego 6-0.
I Bugesera, ikipe ya AS Kigali iri mu bahatanira igikombe cya shampiyona, yatsinze Bugesera Fc igitego 1-0, cyatsinzwe na Nkinzingabo Fiston ku munota wa 55 w’umukino, birangira ari icyo gitego rukumbi.

Nyuma y’imikino y’uyu munsi, APR FC yahise ifata umwanya mwa mbere aho inganya amanota na AS Kigali yari isanzwe kuri uyu mwanya, ariko ibitego byinshi izigamye bigatuma iza ku mwanya wa mbere.

National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Ibitego 6 ni byinshi,hari igihe haba harimo no kwitsindisha
Murumuna wayo se yari kwanga ko ikomeza kuyobora urutonde gutsindwa Ibyo bitego byose na Muganga ntiyabitsinzwe iri muzimanuka.Ntituyobewe ko zose Ari team zamageshi ziriya ni siyasa ,igikombe cyari icya As de Kigali.Apr izabura kutagarukira munzira