Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa bwamaze gutumiza ikipe ya Rayon Sports ndetse na Kiyovu, nyuma y’ikirego cyatanzwe na Kiyovu.

Kiyovu na Rayon Sports zimaze iminsi zidacana uwaka
Tariki 18/06/2018, nibwo ikipe ya Kiyovu Sports yagombaga kwakira Kirehe Fc, uwo mukino urasubikwa ndetse Kiyovu Sports iterwa mpaga kuko itazanye Ambulance ku kibuga nk’uko amategeko abiteganya.

Mu kibuga no hanze yacyo aya makipe akunda guhangana
Nyuma yaho, Kiyovu Sports yaje gutanga ikirego ivuga ko ari akagambane yakorewe n’umwe mu bayobozi ba Rayon Sports.
Mu gihe benshi bakekaga ko ikibazo cyarangiye kuko Ferwafa yari yashimangiye ko Kiyovu yatewe mpaga, aya makipe yombi yatumijwe na Ferwafa kuri uyu wa mbere aho agomba kujya gutanga ibisobanuro, n’ubwo Rayon Sports yo yatangaje ko ntaho ihuriye n’iki kibazo
National Football League
Ohereza igitekerezo
|