Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ikomeje imyitozo yitegura ikipe ya Mozambique, mu guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika cya 2024.
Abakinnyi bakina mu Rwanda bahamagawe bose ubu bamaze gutangira imyitozo, ndetse n’abandi bamwe bakina hanze y’u Rwanda.

Nyuma y’abakinnyi nka Muhire Kevin, Djihad Bizimana na Samuel Gueulette, ubu hiyongereyeho na Faustin Usengimana ukina muri Irak, ndetse na Rubanguka Steve ukina muri Moldova.

Abakinnyi bari bagitegerejwe kugeza ubu harimo Emmanuel Imanishimwe, Rafael York, Noe Uwimana, Mutsinzi Ange, Mutsinzi Patrick, Sahabo Hakeem na Yannick Mukunzi.
Amavubi kugeza ubu ari gukorera imyitozo kuri Kigali Pele Stadium, akazerekeza mu karere ka Huye tariki 15/06 aho azanakinira uyu mukino na Mozambique tariki 18/06.
Abakinnyi bakomeje imyitozo irimo n’iyongera ingufu









National Football League
Ohereza igitekerezo
|