Amavubi azakina na Malawi umukino wa gicuti tariki 14 Kanama

Ikipe y’ u Rwanda izakina umukino wa gicuti n’iya Malawi tariki 14/8/2013, mu rwego rwo gufasha amakipe yombi kwitegura imikino yo gushaka itike yo kuzajjya mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.

Uwo mukino uzahuza Amavubi y’u Rwanda na ‘Flames’ ya Malawi uzabera kuri Stade Amahoro i Remera ku wa gatatu tariki 14/8/2013, ariko ikipe ya Malawi izagera i Kigali ku cyumweru, iminsi itatu mbere y’umukino.

Umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Gasingwa Michel avuga ko barimo gushaka ibyangombwa byose kugirango bazabashe kwakira neza iyo kipe, dore ko izafasha u Rwanda kwitegure neza kuzakina na Benin tariki 08/09/2013.

Amavubi azakina na Malawi yitegura guharanira ishema imbere ya Benin tariki 8 Nzeri.
Amavubi azakina na Malawi yitegura guharanira ishema imbere ya Benin tariki 8 Nzeri.

Uwo mukino uzaba uri mu rwego rwo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi u Rwanda ruzaba ruharanira ishema gusa kuko nyuma yo gutsindwa umusubizo, iyo itike rwamaze kuyibura.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Malawi Suzgo Nyirenda aganira na supersport.com yavuze ko uwo mukino ufite agaciro kanini kuri bo, kuko uzatuma ikipe yabo yitegura neza guhangana na Nigeria tariki 07/09/2013.

Nyirenda avuga ko abantu 25 barimo abakinnyi ba Malawi ndetse n’abazaba babaherekeje nibagera mu Rwanda bazitabwaho bagacumbikirwa, bagahabwa amafunguro ndetse n’uburyo bwo gutembera, ariko bo bakaziyishyurira urugendo rw’indege gusa.

Nubwo ikipe y’igihugu ya Malawi itozwa na Tom Saintfiet ititwaye neza mu gikombe ‘Cosafa Castle Cup’ gihuza amakipe yo muri Afurika y’Amajyepfo, ariko ihagaze neza mu gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi.

Kugeza ubu mu itsinda F iherereyemo, ikipe y’igihugu ya Malawi iri ku mwanya wa kabiri n’amanota arindwi, inyuma ya Nigeria iri ku mwanya wa mbere n’amanota icyenda, ikaba isabwa gutsinda umukino ayo makipe afitanye, kugirango yizere kujya mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora y’igikombe cy’isi.

Ikipe y'igihugu ya Malawi izakina n'u Rwanda tariki 14 Kanama.
Ikipe y’igihugu ya Malawi izakina n’u Rwanda tariki 14 Kanama.

Ikipe y’igihugu ya Malawi iri ku mwanya wa 108 ku rutonde rwa FIFA, mu gihe u Rwanda ruri ku mwanya wa 134 ku isi.

Dore urutonde rw’abakinnyi ba Malawi umutoza Tom Saintfiet azaza mu Rwanda yitwaje: Owen Chaima, Charles Swini, James Sangala, Moses Chavula, Harry Nyirenda, John Lanjesi, Limbikani Mzava, Lucky Malata, Foster Namwera.

Hari kandi Joseph Kamwendo, Chimango Kayira, Robert Ng’ambi, Phillip Masiye, Micium Mhone, Peter Wadabwa, Chiukepo Msowoya, Robin Ngalande, Christopher John BandaFrank Gabadinho Mhango na Esau Kanyenda.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Gye nifuzaga kumenya amavubi ubutaha azahura ni kihe gihugu kandi ari kumwanya wa kangahe.

Uwiragiye vicent yanditse ku itariki ya: 7-12-2013  →  Musubize

Nifuzako mwatubwira abakinnyi APER Yaguze murakoze

HAKIZIMANA Leodomir yanditse ku itariki ya: 9-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka