
Mu minota ya mbere y’umukino, abakinnyi b’ Amavubi batangiye bahererekanya neza imipira ariko imipira yageze imbere y’izamu ntiyatanga umusaruro.
Guinea Conakry niyo yafunguye amazamu ku munota wa 31, ku gitego cyatsinzwe na rutahizamu José Kanté Martínez Legia Warsaw yo muri Pologne
Ku munota wa 35 w’umukino, Kagere Meddie yambuye umupira myugariro wa Guinea, arobye umunyezamu umupira uca ku ruhande.
Ku munota wa 72, Amavubi yaje kwishyura igitego cyatsinzwe na Tuyisenge Jacques, ku mupira muremure yari ahawe neza na Meddie Kagere
Ku munota wa nyuma w’umukino, Amavubi yabonye amahirwe y’intsinzi, ariko umupira Meddie Kagere yari azamukanye, ashota ishoti rikomeye rigarurwa n’umutambiko w’izamu
N’ubwo Amavubi anganyije uyu mukino, agumye ku mwanya wa nyuma mu itsinda n’inota rimwe gusa, nyuma yo gutakaza imikino itatu (Centrafurika, Côte d’Ivoire na Guinea Conakry).
Undi mukino wo mu itsinda ry’u Rwanda, ikipe ya Côte d’Ivoire yanganyije na Centrafurika ubusa ku busa

Abakinnyi babanje mu kibuga:
Kimenyi Yves, Ombolenga Fitina, Manzi Thierry, Rwatubyaye Abdul, Eric Rutanga;bAlly Niyonzima, Bizimana Djihad, Manishimwe Djabel; Muhire Kevin, Tuyisenge Jacques na Meddie Kagere.
Guinea: Aly Keita, Traore Ibrahima, Sylla Issiaga, Conte Ibrahim Sory, Seka Ernest Boka, Amadou Diawara, Camara Mohamed Madi, Kante Jose Martinez, Franois Kamano, Sidibe Ousman, Naby Keita


National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Amavubikuringe ndishimye.
uzikugutsinda wasuye
ukanatsindwa baje iwacu.
rekatugumane iryonota ariko #amavubi yisubireho