Amavubi akomeje imyitozo yitegura Nigeria na Lesotho (Amafoto)

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, ikomeje imyitozo igeze ku munsi wa kabiri yitegura Nigeria ku wa Gatanu w’iki Cyumweru, mu mukino w’umunsi wa gatanu wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, ndetse na Lesotho ku munsi wa gatandatu.

Amavubi akomeje imyitozo yitegura Nigeria na Lesotho mu mikino yo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi 2026
Amavubi akomeje imyitozo yitegura Nigeria na Lesotho mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026

Ni imyitozo yatangiye ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025, aho nyuma yo kugera aho bacumbitse bakoreye imyitozo ya mbere ku kibuga cy’imyitozo cya Stade Amahoro, yibanze ku gufasha Abakinnyi kugabanya umunaniro cyane cyane abakinnye imikino mu makipe yabo n’abakoze ingendo.

Kuri uyu wa Mbere, umunsi wa kabiri w’imyitozo, abakinnyi bakoze imyitozo ngororamubiri n’ibongerera ingufu, mu gihe kuri uyu mugoroba bayikomereje ku kibuga cy’imyitozo cya Stade Amahoro saa kumi n’imwe.

Myugariro wa APR FC Niyomugabo Claude wa APR FC na Fitina Omborenga wa Rayon Sports
Myugariro wa APR FC Niyomugabo Claude wa APR FC na Fitina Omborenga wa Rayon Sports

Abakinnyi nka Manishimwe Djabel utaherukaga mu ikipe y’Igihugu, Habimana Yves wa Rutsiro FC uhamagawe ku nshuro ya mbere, Uwumukiza Obed wa Mukura VS na we wahagawe bwa mbere, umunyezamu Maxim Wenssen,Rubanguka Steve, Samuel Gueullette kongeraho n’abandi b’imbere mu gihugu, bose bari mu bari muri iyi myitozo iyobowe n’umutoza mushya Adel Amrouche, afatanyije na Eric Nshimiyimana mu gihe abandi benshi bategerejwe kuri uyu wa Mbere.

Muhire Kevin wa Rayon Sports mu myitozo ya mbere y'Amavubi yabaye ku Cyumweru
Muhire Kevin wa Rayon Sports mu myitozo ya mbere y’Amavubi yabaye ku Cyumweru

Amavubi akomeje kuyobora itsinda rya gatatu n’amanota arindwi azakira Nigeria kuri uyu wa Gatanu saa kumi nebyiri z’umugoroba,yakire kandi Lesotho tariki 25 Werurwe 2025, saa kumi nebyiri z’umugoroba.

Manishimwe Djabel utaherukaga mu ikipe y'Igihugu mu myitozo yo kuri uyu wa Mbere
Manishimwe Djabel utaherukaga mu ikipe y’Igihugu mu myitozo yo kuri uyu wa Mbere
Uwumukiza Obed wa Mukura VS yasimbuye Byiringiro Gilbert
Uwumukiza Obed wa Mukura VS yasimbuye Byiringiro Gilbert
Abakinnyi bose bahamagawe n'umutoza Adel Amrouche
Abakinnyi bose bahamagawe n’umutoza Adel Amrouche

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka