
Mu gihe biteganyijwe ko shampiyona y’icyiciro cya mbere izatangira tariki 01/05/2021, kugeza ubu amakipe yose y’icyiciro cya mbere yamaze guhabwa ibyumweru bibiri byo kuba yakongeramo abakinnyi baba abakina imbere mu gihugu cyangwa hanze y’u Rwanda.
Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wungirije wa FERWAFA Jules Karangwa, yatangaje ko guhera kuri uyu wa Kane tariki 15/04 kugera tariki 29/04/2021, FIFA yamaze gutanga uburenganzira bwo kuba amakipe yo mu Rwanda yakongeramo abakinnyi.
Ibi bije nyuma y’uko amatariki yari asanzwe amakipe yari yemerewe kongeramo abakinnyi yahinduwe ku busabe bwa Ferwafa, ni nyuma y’uko amatariki yahuraga n’igihe shampiyona y’icyiciro cya mbere yari yarahagaritswe.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|