Ku wa Mbere tariki ya 25 Gicurasi 2020, ni bwo hatangiye gukwirakwizwa amashusho y’Umwirabura aryamye hasi, atsikamiwe ku ijosi n’umupolisi w’umuzungu muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Minnesota mu mujyi wa Minneapolis.
Ibi byatumye muri Leta Zunze za Amerika hatangira imyigaragambyo yo kwamagana uru rupfu ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abirabura, ibi bikaba byarageze no mu bakinnyi b’umupira w’amaguru.
Abigaragambya benshi bakoresha ijambo “BlackLivesMaters” bivuga ngo “Ubuzima bw’umwirabura bufite agaciro”, ijambo ryanakoreshejwe na miliyoni z’abatuye isi ku mbuga nkoranyambaga barwanya ubu bwicanyi.
Muri shampiyona y’u Budage, abakinnyi barimo Jadon Sancho ndetse na Marcus Thuram bagaragaye bamagana uru rupfu ndetse biza kugera no mu yandi makipe uhereye kuri Liverpool, Chelsea, Barcelona ndetse na Simba yo muri Tanzania.
Muri iyi shampiyona y’u Budage kandi, abakinnyi barimo Jadon Sancho bahawe amakarita y’umuhondo ubwo yakuragamo umupira akerekana amagambo yo gusabira ubutabera George Floyd, gusa ariko FIFA yaje gusaba amashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi korohera abatanga ubu butumwa bwamagana irondaruhu.
National Football League
Inkuru zijyanye na: George Floyd
- USA: Joe Biden yishimiye ko umupolisi wishe George Floyd yahamwe n’icyaha
- Urukiko rwahamije Derek Chauvin icyaha cyo kwica umwirabura Georges Floyd
- USA: Umupolisi wishe George Floyd yarekuwe atanze ingwate
- Umupolisi ukekwaho kwica wa George Floyd yatahuweho no kunyereza imisoro
- Rayshard Brooks, undi mwirabura wishwe n’umupolisi nyuma ya George Floyd
- Premier League: Ijambo ‘Black Lives Matter’ rizasimbura amazina y’abakinnyi ku myenda
- Umukobwa wa George Floyd w’imyaka 6 yemerewe kuziga kaminuza ku buntu
- Mu gushyingura George Floyd, Trump yanenzwe uko yitwaye muri iki kibazo
- Umupolisi wishe George Floyd agomba gutanga miliyoni y’amadolari kugira ngo aburane adafunze
- Amafoto: Imyigaragambyo yo kwamagana iyicarubozo n’ihohoterwa bikorerwa abirabura ku isi irakomeje
- Ibihumbi by’abantu bategerejwe mu muhango wo gusezera bwa nyuma George Floyd
- Michael Jordan yatanze Miliyoni 100 z’Amadolari mu kurwanya ivanguraruhu
- Umuhanda werekeza ku biro bya Trump wiswe ‘Black Lives Matter’
- Kanye West agiye kwishyurira kaminuza umukobwa wa George Floyd wishwe
- Minneapolis: Bacecetse iminota 8 n’amasegonda 46, igihe Chauvin yamaze atsikamiye George Floyd
- Abigaragambya muri Amerika bahawe ubutabera basabye kuri George Floyd
- USA: Pentagon yavuze ko nta basirikare izohereza kurwanya abigaragambya
- Papa Francis yamaganye iyicwa rya George Floyd
- Niba ba Guverineri bananiwe kugarura amahoro ndohereza abasirikare bakemure ikibazo - Donald Trump
- Imyigaragambyo yo kwamagana urupfu rwa George Floyd yageze i Burayi
Ohereza igitekerezo
|