
Ni umukino watangiye uryoheye ijisho mu gihe cya mbere, aho ku ruhande rw’Amagaju FC Useni Kiza Seraphin yagerageje kogereza amaso abari bari muri Stade, naho Dauda Yussif Seif abikora ku ruhande rwa APR FC. Amagaju FC nta buryo bukomeye yabonye imbere y’izamu rya APR FC mu gice cya mbere, mu gihe APR FC yabonye uburyo bubiri bwakiranze.
Umunya-Ghana Dauda Yussif ku munota wa 32, yacenze abakinnyi batatu b’Amagaju FC mu kibuga hagati maze aha umupira mwiza Ruboneka Bosco wari mu rubuga rw’amahina arebana n’izamu, ariko ntiyashobora kuriteramo ahubwo aha umupira Tuyisenge Arsene, wateye mu izamu Amagaju FC akawushyira muri koruneri.
Byasubiriye ku munota wa 35 ubwo Tuyisenge Arsene, yazamukanaga umupira na we akawuha neza Niyibizi Ramadhan wari usigaranye n’umunyezamu gusa Twagirumukiza Clement, maze awuteye mu izamu umupira ukubita igiti cy’izamu gihagaze ugaruka usanga Dushiminana Olivier Muzungu, asigaranye n’izamu awukozeho ariko awutera nabi ujya mu ntoki z’umunyezamu, igice cya mbere kirangira ari 0-0.

Igice cya mbere cyari kirangiye amakipe yombi atarushanwa cyane, icya kabiri ninako cyatangiye Amagaju FC yubaka neza imikinire yayo, maze ku munota wa 56 bubakira ku ruhande rw’ibumoso runyuraho kapiteni wabo Dusabe Jean Claude Nyakagezi, uhakina ariko inyuma. Uyu musore yakinanye na mugenzi we maze bamusubiza umupira yinjiye, awuhindura neza ugendera hasi Ndayishimiye Edouard wanyuraga imbere iburyo atsindira Amagaju FC igitego cya mbere.
Ku munota wa 57 APR FC yahise igerageza uburyo bukomeye ku ishoti Ruboneka Jean Bosco yatereye hanze y’urubuga rw’amahina, ariko umunyezamu Twagirumukiza Clement awushyira muri koruneri. APR FC yari igiye ku gitutu yahise isimbuza ikuramo Dushiminana Olivier na Niyibizi Ramadhan, ishyiramo Mahmadou Lamine Bah na Kwitonda Alain Bacca.
APR FC yakomeje gushyiramo imbaraga zatuma yishyura cyangwa ikabona amanota, ikuramo Mugisha Gilbert asimburwa na rutahizamu Mamadou Sy ndetse na Richmond Lamptey.
Iyi kipe mu mikinire yakomezaga gusunika ariko umunyezamu w’Amagaju FC Twagirumukiza Clement agakomeza kuba ibamba ku buryo bucye bwabonekaga. Amagaju FC na yo abarimo Destin Malanda, Useni Kiza Seraphin na Ndayishimiye Edouard bakomeje kuyishakira igitego cya kabiri, ariko iminota 90 irangira bikiri 1-0, hongerwaho iminota umunani na yo yarangiye Amagaju FC atsinze APR FC igitego 1-0.






National Football League
Ohereza igitekerezo
|
ndashaka abakinyibashya baguze
Bravo Jean Jules verry good and useful timetable
Iri nota rindi mwahaye igikona ryavuye he???
Mwiriweho,ibi mwanditse sibyo kuko Rayon sport Fc irusha AprFc amanota atanu,ntabwo ari ane .mukosore Please