Algeria ihangayikijijwe n’itsinda ry’urupfu yashyizwemo muri CAN

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Algeria Christian Gourcuff yatangaje ko nta gihugu na kimwe cyakwizera kuzazamuka mu makipe ane ari mu itsinda C ryo mu gikombe cya Afurika kizabera muri Guinee Equatorial umwaka utaha.

Tombola yuko amakipe azahura muri iki gikombe, yasize igihugu cya Algeria gihabwa amahirwe, kisanze hamwe n’ibihugu nka Ghana, Senegal na Afurika y’epfo mu itsinda ryiswe iry’urupfu muri iyi mikino ya CAN.

Aganira n’itangazamakuru, Christian Gourcuff utoza Algeria yatangaje ko iyi mikino izaba ari ishiraniro.

Algeria ni yo ihabwa amahirwe muri CAN 2015.
Algeria ni yo ihabwa amahirwe muri CAN 2015.

Ati “Ndakeka ari tombola itatworoheye aho amakipe akomeye yisanze ari kumwe. Afurika y’epfo ni ikipe iri gukina neza kandi yerekana isura ya nyayo ya ruhago nyafurika mu gihe Ghana nubwo ititwaye neza mu gikombe cy’isi ariko ni ikipe y’ubukombe njye mpa amahirwe.

Ikindi, iyo urebye Senegal usanga muri iyi myaka ishize itangiye kwigarurira umugabane wa Afurika nanone, bityo muri iri tsinda imikino yose irakomeye kandi nta kipe nimwe yagira icyo yizera”.

Congo yakuyemo u Rwanda ku maherere yashyizwe mu itsinda A.
Congo yakuyemo u Rwanda ku maherere yashyizwe mu itsinda A.

Algeria ni cyo gihugu cya Afurika kiza hafi ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA nyuma yo kugera muri 1/8 cy’igikombe cy’isi ndetse kikanitwara neza mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kujya muri iki gikombe kizabera muri Guinee Equatorial.

Igikombe cya Afurika kizatangira tariki 17/01/2015 kikageza tariki 08/02/2014 cyagombaga kubera muri Marooc ariko iki gihugu gisaba ko irushanwa ryakwigizwa imbere kubera Ebola, ikintu CAF yanze ari nako yahise igisimbuza Guinee Equatorial.

Igihugu cya Ghana kiri mu byitezwe muri CAN.
Igihugu cya Ghana kiri mu byitezwe muri CAN.

Uko amatsinda yose ateye:

Group A: Equtorial Guinea, Congo, Gabon, Burkina Faso

Group B: Zambia, DR Congo, Cape Verde, Tunisia

Group C: Ghana, Senegal, South Africa, Algeria

Group D: Ivory Coast, Mali, Cameroon, Guinea

Jah d’eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka