Alexander Song yasezeye mu ikipe y’igihugu ya Cameroon

Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya Cameroon ntabwo azagaragara mu mikino y’igikombe cya Afurika izabera muri Guinee Equatorial kuva tariki 17/1/2015,nyuma yo gutangaza ko asezeye mu ikipe y’igihugu akomokamo.

Isezera ry’uyu mukinnyi w’imyaka 27, rije nyuma yaho agiranye ibibazo n’ishyirahamwe rya ruhago mu gihugu cya Cameroon nyuma y’igikombe cy’isi, byari byanatumye ku ikubitiro adahamagarwa mu bakinnyi bazitabira igikombe cya Afurika hamwe na Lions Indomptables.

Alexender Song yaherukaga mu ikipe ya Cameroon mu gikombe cy'isi cyo muri Brasil
Alexender Song yaherukaga mu ikipe ya Cameroon mu gikombe cy’isi cyo muri Brasil

Ishyirahamwe rya ruhago muri Cameroon ariko ryaje kwisubiraho ,niko gutangira ibiganiro by’uburyo uyu Song yahamagarwa ku munota wanyuma akaza gufatanya n’abandi mu mikino ya CAN, ibiganiro bitagize icyo bitanga, dore ko birangiye Song ahisemo gusezera Intare za Cameroon burundu.

Nkuko uyu mukinnyi yabitangaje ku rubuga rwe rwa Instagaram, Song yavuze ko azahora yifuriza ibyiza igihugu cye. Uyu yagize ati:

Igikombe cy’isi cyo mu mpeshyi ndetse no gusigwa bitunguranye mu ikipe ya Cameroon izakina igikombe cya Afurika, biri mu byatumye mfata icyemezo cyo gusezera ruhago mpuzamahanga”.

“Ni byo ko twari mu biganiro byo kunshyira mu ikipe izakina CAN ku munota wanyuma, gusa nyuma yo gutekereza cyane ndetse n’ibiganiro n’umuryango wanjye nasanze ko iki cyemezo (cyo gusezera mu ikipe y’igihugu) ari cyo cyari icya nyacyo”.

Urukundo rwanjye mfitiye igihugu ntabwo ruzahinduka ariko ndashaka gufata uyu mwanya nkashyira imbaraga kuri ruhago yo mu ma Club ari nako ntangira kubaka ubuzima bwanjye bwa ruhago muri West Ham. Ndifuriza Cameroon ibyiza gusa kandi iyi kipe izampora ku mutima”.

Song yacishije ubutumwa bw'isezera rye kuri Instagram
Song yacishije ubutumwa bw’isezera rye kuri Instagram

Isezera rya Alexander Song mu ikipe y’igihugu ryakirijwe amashyi menshi n’umutoza w’ikipe ya West Ham Sam Allardyce wari watangiye kugira impungenge ko uyu mukinnyi ashobora kwerekeza muri Afurika muri uku kwa mbere.

Ikipe ya West Ham ifite imikino na Swansea, Liverpool, Hull na Manchester United ndetse ikazanasubiramo umukino wa FA na Everton mu minsi igikombe cya Afurika kizaba gikinwa muri Guinee Equatorial bityo kubona Song ni indi nyongera dore ko barangije gutakaza umukinnyi wo hagati Cheikhou Kouyate uzaba ari kumwe na Senegal.

Alex Song yarigaragaje kuva yatizwa muri Hammers
Alex Song yarigaragaje kuva yatizwa muri Hammers

Alexander Song ari mu ikipe ya West Ham nk’intizanyo kuva muri FC Barcelone gusa ni umwe mu bakinnyi bigaragaje muri Premier League y’uyu mwaka wa shampiyona wa 2014-2015.

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka