Afahmia Lotfi yatangije imyitozo ya Rayon Sports irimo umwarabu (Amafoto)

Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo yiganjemo abakinnyi bashya yitegura umwaka w’imikino 2025-2026.

Ni imyitozo yabereye mu Nzove aho iyi kipe isanzwe ikorera imyitozo, ikoresha n’umutoza wa Rayon Sports mushya wavuye muri Mukura VS Afahmia Lotfi. Iyi myitozo yakozwe n’abakinnyi barimo myugariro Prince Musore uheruka gusinyira iyi kipe, Gloire Tambwe bakomoka mu gihugu kimwe cy’u Burundi nawe uheruka gusinya ndetse na Tonny Kitoga wakiniraga Bukavu Dawa.

Aba kandi biyongeraho Umunya-Algeria Rayane Hamouimeche w’imyaka 21 nawe waje gukora igeragezwa avuye muri Canada, nawe wagaragaye muri iyi myitozo ngo arebe niba yazabona umwanya wo kugira ibyo agaragaza muri ruhago Nyarwanda. Nubwo Rayon Sports yatangiye imyitozo ariko ntabwo abakinnyi bayo bose basanzwe bari nagera mu Rwanda bavuye mu biruhuko.

Biteganyijwe ko shampiyona 2025-2026 izatangira tariki 15 Kanama 2025, mu gihe tariki 2 Kanama 2025 hazakinwa umukino w’Igikombe kiruta ibindi "Super Cup" uzayihuza na APR FC.

Musore Prince yakoze imyitozo
Musore Prince yakoze imyitozo
Tambwe Gloire nawe yakoze imyitozo
Tambwe Gloire nawe yakoze imyitozo
Musore Prince ukina ku ruhande rw'iburyo inyuma yakoze imyitozo ya mbere muri Rayon Sports
Musore Prince ukina ku ruhande rw’iburyo inyuma yakoze imyitozo ya mbere muri Rayon Sports
Rayane Hamouimeche ukomoka muri Algeria yakoze imyitozo ya mbere
Rayane Hamouimeche ukomoka muri Algeria yakoze imyitozo ya mbere
Tony Kitoga nawe yakoze imyitozo
Tony Kitoga nawe yakoze imyitozo
Tambwe Gloire ukina hagati mu kibuga asatira
Tambwe Gloire ukina hagati mu kibuga asatira

National Football League

Ibitekerezo   ( 5 )

Rayon turayikunda

Prince yanditse ku itariki ya: 2-07-2025  →  Musubize

Rayon iratubabaza cyane ark ntitwayireka

Prince yanditse ku itariki ya: 2-07-2025  →  Musubize

Abafana ba rayon ndabasaba kuzajya bitabira imikino bakiriye iyindi bakajya ahubwo bakanda akanyenyeri ka rayon bagatanga prime Aho kugira NGO bayahe ayo makipe ashakira amafaranga kuri rayon

Kategaya yanditse ku itariki ya: 2-07-2025  →  Musubize

Umva,Murera yacu izaza imeze neza 2

Joshua yanditse ku itariki ya: 2-07-2025  →  Musubize

Murakoze tubashimiye amakurumeza mubamwatugejejeho rayoni nikomerezeho

MANIRAHO yanditse ku itariki ya: 2-07-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka