Adrien Niyonshuti yiteguye kwegukana Shampiona maze ibendera ry’u Rwanda rikazamuka mu mahanga

Umukinnyi w’umunyarwanda usanzwe ukina nk’uwabigize umwuga mu ikipe ya MTN Qhubeka aratangaza ko yiteguye kwegukana Shampiona y’igihugu mu mukino w’amagare izaba mu mpera z’iki cyumweru

Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 27/06/2015 kugeza ku cyumweru taliki ya 28/06/2015, mu Rwanda harakinwa shampiona y’igihugu y’umukino w’amagare .

Ku munsi wa mbere abakinnyi bazasiganwa habarwa iminota buri umwe umwe yakoresheje bizwi ku izina rya Individual Time Trial, bakazasiganwa ibilometero 39 bava Nyamata bakerekeza Ramiro maze bagasoreza Nyamata(abakuru), mu gihe abakiri bato (Junior) bazava Nyamata bakaerekeza Biryogo maze bagasoreza Nyamata ku ntera y’ibilometero 25.

Ku munsi wa kabiri w’irushanwa,abasiganwa bazahatana mu makipe yabo,aho bazahaguruka i Kigali berekeza mu karere ka Huye,bagasiganwa ku nteray’ibilometero bisaga 120.

Adrien Niyonshuti asiganwa ku ruhande rw'Ikipe y'Amagare y'u Rwanda.
Adrien Niyonshuti asiganwa ku ruhande rw’Ikipe y’Amagare y’u Rwanda.

Nyuma yo kugera mu Rwanda,umukinnyi Niyonshuti Adrien yatangaje ko yifuza kwegukana iri rushanwa ndetse akumva ko binashoboka kuba yaritwara nk’uko yanabisabwe n’ikipe ye ya MTN Qhubeka yo mu gihugu cy’Afrika y’epfo akinira.

Uyu mwambaro ushobora kongerwaho ibendera ry'u Rwanda mu gihe Adrien yakwegukana iri rushanwa
Uyu mwambaro ushobora kongerwaho ibendera ry’u Rwanda mu gihe Adrien yakwegukana iri rushanwa

"Hari amahirwe menshi yo kuba nakwegukana aya marushanwa,kuko nindamuka nditsinze nzajya nsiganwa nambaye umwenda wa MTN Qhubeka ariko uriho ibendera ry’u Rwanda kandi byanagirira akamaro u Rwanda no mu bindi bihugu nzajya nsiganwa mo"

Adrien Niyonshuti kandi yadutangarije ko abakinnyi benshi muri MTN Qhubeka babohereje mu bihugu byabo ngo bajye gukina amashampiona,aho abakinnyi nka Natnael Berhane,Merhawi Kudus na Daniel Teklehaimanot bakomoka muri Eritrea nabo bagiye kwitabira Shampiona yaho

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nibyiza kugirira ikizere kipe yawe ndetse nawe ubwawe ukumvako iryoshyaka urifite ntacyatuma utagera kuntego wihaye.

muganga yanditse ku itariki ya: 25-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka