Aba basore bombi bakina inyuma ku mpande, bari bamaze iminsi bifuzwa n’iyi kipe yo muri Kenya ariko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugakomeza gutangaza ko ari ibihuha.

Aba bakinnyi bari bamaze iminsi bari mu gihugu cya Kenya, byaje kurangira ikipe ya Rayon Sports ibahaye impapuro zibemerera gukina mu gihugu cya Kenya, nyuma yo gutangwaho akayabo k’amadorali ya Amerika 8 000(arenga gato 5 600 000).
Emmanuel Niyomusabye uvugira Rayon Sports atangariza itangazamakuru, yavuze ko bafashe icyemezo cyo kugurisha aba bakinnyi kuko bari bagaragaje ubushake bwo kwigira muri Kenya, mu gihe Rayon Sports ibicishije ku rubuga nkoranyambaga rwayo, yashimiye aba basore bombi ibyo bakoreye iyi kipe.

Sibomana Abuba na Nizigiyimana Karim, bakaba kugiti cyabo bahawe 37 000 by’amadorali(25 900 000 Frw) ngo babashe kwerekeza muri iyi kipe ifite igikombe cya shampiyona muri Kenya.
Aba bakinnyi bakaba basanze abandi batandukanye iyi kipe yaguze barimo umunyezamu Boniface Oluoch (bakuye muri Tusker FC), Myugariro w’umunya Liberia Dirkir Glay (Bakuye muri Thika United), Umugande ukina hagati Aucho Khalid (Wahoze akiniraTusker FC), umukinnyi wo hagati Jerry Santos, rutahizamu w’umugande Farouk Ssentongo ndetse na rutahizamu w’umunya Ghana Tawfiq Zakari.

Ikipe ya Gor Mahia niyo izahagararira Kenya mu mikino ya Champions League ndetse ikaba ishaka kuba yakwisubiza igikombe cya shampiyona nubwo nayo yatakaje abakinnyi batandukanye nka Dan Sserenkuma, David Owino na Geoffrey Kizito.
Jah d’eau DUKUZE
National Football League
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Nkakomitenyobozi!Ya,ekipe.Babanjebagacyemur,ibibazo birimurireyonsport.bakarekakwihutirakujya!gushingaterevision. numukunziwayo.nabyonibyiza!ariko?ivuyemumarushanwa!nyeka bitashimisha abakubayo.