Abderrahim Taleb yagizwe umutoza mushya wa APR FC

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yatangaje ko Umunya-Maroc Abderrahim Taleb w’imyaka 61 y’amavuko ariwe mutoza wayo mushya mu gihe cy’imyaka ibiri ishobora kongerwa.

Umunya-Maroc Abderrahim Taleb niwe mutoza mushya wa APR FC
Umunya-Maroc Abderrahim Taleb niwe mutoza mushya wa APR FC

Ibi APR FC yabitangaje ibinyujije ku mbugankoranyambaga zayo aho yavuze ko we na bungiriza be ibafitiye ikizere mu myaka ibiri ishobora kongerwa basinye.

Yagize iti" Tunejejwe no Kwakira Bwana Taleb Abderrahim nk’umutoza mukuru n’abungiriza be Chahid Mohamed na Haj Taieb Hassan mu ikipe yacu mu gihe cy’imyaka ibiri ishobora kongerwa.Tumufitiye ikizere kandi twizeye ko azageza ikipe yacu ahisumbuye kurushaho."

Abderrahim Taleb amaze imyaka 18 atoza ruhago kuva muri 2008, aho amaze gutoza amakipe 13 yose yo muri Maroc arimo Wydad Club Athletic, AS FAR na RS Berkane.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka