Abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu begukanye igikombe cyo Kwibohora (Amafoto)

Ku wa Mbere tariki 3 Nyakanga 2023, abasirikare barinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu, kuri Kigali Pelé Stadium, begukanye igikombe cy’umunsi wo Kwibohora batsinze Task Force Division igitego 1-0.

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by'umutekano, Gen. James Kabarebe asuhuza abakinnyi ba Republican Guard mbere y'umukino
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen. James Kabarebe asuhuza abakinnyi ba Republican Guard mbere y’umukino
Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa asuhuza abakinny n'abasifuzi mbere y'umukino
Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa asuhuza abakinny n’abasifuzi mbere y’umukino

Ni umukino watangiye Task Force Division ariyo igaragaza imbaraga cyane kuko yakinaga neza kurusha Republican Guard. Nyuma y’iminota 10 ariko byahindutse Republican Guard yinjira mu mukino.

Republican Guard ni yo yegukanye igikombe mu mupira w'amaguru itsinze Task Force
Republican Guard ni yo yegukanye igikombe mu mupira w’amaguru itsinze Task Force

Ku munota wa 36 umupira wari uzamukanywe neza n’abakinnyi ba Republican Guard wahawe uwitwa Afande Theoneste, na we ahita atsinda igitego kimwe cyaranze uyu mukino, n’igice cya mbere kirangira ari 1-0.

Mu gice cya kabiri Task Force Division yakinnye neza kugeza umukino urangiye igaragaza imbaraga zo gushaka kwishyura, ariko irata n’uburyo bukomeye imbere y’izamu ari nako na Republican Guard nabo barata ubundi buryo banugarira izamu neza, kugeza ubwo umukino urangiye ari igitego 1-0, Republican Guard yegukanye Igikombe cyo Kwibora.

Ubwo umukino warangiraga byari ibyishimo ku bakinnyi n'abakunzi b'ikipe ya RG
Ubwo umukino warangiraga byari ibyishimo ku bakinnyi n’abakunzi b’ikipe ya RG
Umugaba Mukuru w'Ingabo Lt Gen Mubarakh Muganga yari yitabiriye isozwa ry'imikino ya Liberation Cup
Umugaba Mukuru w’Ingabo Lt Gen Mubarakh Muganga yari yitabiriye isozwa ry’imikino ya Liberation Cup
Perezida wa FERWAFA MunyantwalI Alphonse nawe yari yari yitabiriye uyu mukino
Perezida wa FERWAFA MunyantwalI Alphonse nawe yari yari yitabiriye uyu mukino
Juvénal Marizamunda Minisitiri w'ingabo z'u Rwanda hamwe na Minisitiri wa Siporo Munyangaju Mimosa Aurore basuhuza abakinnyi ba Task Force Division
Juvénal Marizamunda Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda hamwe na Minisitiri wa Siporo Munyangaju Mimosa Aurore basuhuza abakinnyi ba Task Force Division

Republican Guard yegukanye iki gikombe cyo Kwibohora mu gihe n’ubundi ari yo yari ibitse icy’imikino ya Gisirikare yakinwe umwaka ushize wa 2022, yatwaye itsinze Special Operations Force ibitego 2-1.

Task Force Division imaze kwambikwa imidali y'umwanya wa kabiri
Task Force Division imaze kwambikwa imidali y’umwanya wa kabiri
Task Force Division yatsindiwe ku mukino wa nyuma ariko yakinnye neza
Task Force Division yatsindiwe ku mukino wa nyuma ariko yakinnye neza
Rwarutabura usanzwe uzwi nk'umufana wa Rayon Sports yari ashyigikiye ikipe y'abasirikare barinda umutekano w'Umukuru w'Igihugu
Rwarutabura usanzwe uzwi nk’umufana wa Rayon Sports yari ashyigikiye ikipe y’abasirikare barinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu
Rwanda Military Academy Gako yegukanye igikombe muri Volleyball na Basketball
Rwanda Military Academy Gako yegukanye igikombe muri Volleyball na Basketball
RG bashyikirizwa igikombe begukanye
RG bashyikirizwa igikombe begukanye
Ni umukino wari witabiriwe n'abantu benshi
Ni umukino wari witabiriwe n’abantu benshi
Abafana bari benshi mu ngeri zitandukanye
Abafana bari benshi mu ngeri zitandukanye

Reba ibindi muri iyi video:

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka