Abakunzi ba Rayon Sports bamaze kwiyemeza gutanga asaga Miliyoni 33 Frws

Ubuyobozi bw’inzibacyuho muri Rayon Sports bukomeje guhura n’abakunzi ba Rayon Sports batandukanye, mu rwego rwo gukusanya ubushobozi bwo kubaka ikipe.

Nyuma yo guhura n’abayobozi b’amatsinda y’abafana bakiyemeza gutanga amafaranga asaga Miliyoni 13 Frws, kuri uyu wa Gatanu ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwahuye n’abavuga rikijyana mu ikipe ya Rayon Sports, biganjemo abigeze kuba mu buyobozi bw’iyi kipe mu bihe bitandukanye.

Iyi nama yari iyobowe na Perezida wa Komite y’inzibacyuho ya Rayon Sports Murenzi Abdallah, bibanze ku gutanga ibitekerezo byatuma ikipe ya Rayon Sports yongera gukomera, ariko banakusanya amafaranga azafasha iyi kipe mu kubigeraho.

Murenzi Abdallah ni we wari uyoboye iyi nama
Murenzi Abdallah ni we wari uyoboye iyi nama

Abitabiriye iyi nama bahavuye biyemeje gutanga angina na Mliyoni 15 n’ibihumbi 300 Frws, akaba yaje yiyongera ku yandi amaze kwemerwa n’abakunzi ba Rayon Sports binyuze mu matsinda y’abafana angina na Miliyoni 18 Frws, yose hamwe akaba Miliyoni 33 n’ibihumbi 300 Frws.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Twebwe abakunzi bikipe ya rayon sport ibyifuzo byacu nuko murenzi yemeye akatubera president noneho tugashaka abakinnyi badafite uguhuzagurika muribo ndetse bashyize hamwe ntagikombe cyaducika hano murwimisozi 1000 inkunga yanjye nzabaha abakinnyi 3 bazankomokaho

Bernad nsabiyebose yanditse ku itariki ya: 8-10-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka