Ni imikino ibiri iri mu rwego rwo guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun mu mwaka wa 2021, aho umukino wa mbere u Rwanda ruzasura Mozambique tariki 14/11, rukazahita rwakira Cameroun 17/11/2019 i Kigali.
Mu bakinnyi bakoze imyitozo kuri Stade Amahoro ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, harimo abakinnyi bane bakina hanze ari bo Mvuyekure Emery (Tusker/Kenya), Tuyisenge Jacques (Petro Atletico/Angola), Niyonzima Ally (Al Bashaer Club,Oman) na Muhire Kevin (Misr Lel Makasa, Egypt).
Mu bakinnyi bakina mu Rwanda abatagaragaye mu myitozo ni Kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima ndetse n’abakinnyi bo muri APR FC bafite umukino wa shampiyona na Kiyovu Sports kuri uyu wa Gatanu.
Amafoto yaranze iyi myitozo
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Twifuza ko mwajya muvugurura inkuru mutugezaho zitabaye imiranzi