• Iby’ingenzi byaranze imikino mu Rwanda muri 2011

    Umwaka wa 2011 waranzwe n’ibikorwa bitandukanye ndetse n’impinduka mu mikino y’u Rwanda. Mu by’ingenzi byaranze uyu mwaka dusoza, harimo kwitabira no kwakira imikino mpuzamahanga, impinduka mu buyobozi bwa siporo ndetse no kwegura ku mirimo y’abayoboraga inzego zitandukanye z’imikino.



  • Amavubi azakina n’abanyamahanga bakina mu Rwanda

    Umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, aratangaza ko mu rwego rwo gutegura umukino uzahuza u Rwanda na Nigeria tariki 29/02/2012 azakina imikino ya gicuti n’ikipe izaba igizwe n’abanyamahanga bakina mu Rwanda.



  • APR FC yanganyije n’Amagaju FC

    APR FC ikomeje kwibasirwa n’amakipe yo mu Majyepfo kuko nyuma yo gutsindwa na Mukura yongeye gutakaza amanota ubwo yanganyaga n’Amagaju igitego kimwe kuri kimwe mu mukino wabereye i Nyamagabe tariki 29/12/2011.



  • Mukura isoje umwaka iri ku mwanya wa mbere

    Nyuma yo gutsinda Nyanza FC ibitego bibiri kuri kimwe i Nyanza tariki 28/12/2011, Mukura irangije umwaka wa 2011 iri ku mwanya wa mbere kandi na mbere y’uyu mukino yari isanzwe ari iya mbere.



  • Rayon Sport na Kiyovu ntizivuga rumwe ku munsi bazakinira

    Imikino y’umunsi wa munani wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, yagombaga gukinwa tariki 28/12/2011 ariko Rayon Sport na Kiyovu Sport ntizivuga rumwe ku munsi zizakiniraho.



  • Rayon Sport: Bonfils yarasezeye naho Kanombe aburirwa irengero

    Ubuyobozi bwa Rayon Sport buratangaza ko Twahirwa Bonfils Christian na Hategekimana Afrodis ‘Kanombe’ batakibarizwa mu ikipe ya Rayon Sport ndetse ko batazi n’irengero ryabo.



  • Ali Bizimungu ni we umutoza wungirije mushya muri Rayon Sport

    Ali Bizimungu wari umaze iminsi atoza ikipe ya Inter Stars yo mu Burundi aje gusimbura Kalisa François wari umutoza wungirije mu ikipe ya Rayon Sport.



  • Ababigize umwuga bakina i Burayi batsinzwe ibitego 3 kuri 2

    Nyuma yo gutsindwa na APR ibitego 5 ku busa ku wa gatandatu, abakinnyi babigize umwuga bari bamaze icyumweru mu Rwanda, tariki 26/12/2011, batsinzwe n’Amavubi ibitego 3 kuri 2.



  • APR yanyagiye ababigize umwuga bakina i Burayi ibitego 5 ku busa

    Umukino wa gicuti wabaye ejo hagati ya APR FC n’ikipe y’abakinnyi bakina ku mugabane w’Uburayi warangiye ARP FC itsinze ibitego bitanu ku busa.



  • “Kuba Tchite atarakiniye u Rwanda byatewe n’uburangare”- Mbonabucya

    Uwari Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda yakinnye igikombe cy’Afurika muri 2004 akaba anakurikirana abakinnyi b’abanyarwanda bakina i Burayi, Desire Mbonabucya, avuga ko kuba Gasana Mohamed Meme Tchité atarakiniye u Rwanda byaratewe n’uburangare bw’abayoboraga ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).



  • U Rwanda rusoje umwaka ruri ku mwanya wa 106 ku isi

    Urutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amagueru ku isi, rushyirwa ahagaragara buri kwezi na FIFA, rwagaragaje ko u Rwanda rusoje umwaka wa 2011 ruri ku mwanya wa 106 ku isi no ku mwanya wa 27 muri Afurika.



  • FERWAFA yatumye Tardy gushishikariza Monnet Paquet gukinira Amavubi

    Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17, Richard Tardy, ubwo yari agiye mu biruhuko bisoza umwaka mu Bufaransa, yasabwe na FERWAFA gukora ibishoboka byose akumvisha Kevin Monnet Paquet kuza gukinira u Rwanda.



  • Abakinnyi baturutse i Burayi bazakina na APR FC ejo

    Tariki 24/12/2011 saa cyenda n’igice abakinnyi baturutse ku mugabane w’Uburayi bazakina na APR FC kuri Stade Amahoro i Remera i Kigali. Umukino wa kabiri bakazawukina n’Amavubi tariki 26/12/2011 saa cyenda n’igice.



  • « Turashaka ko Amavubi adukorera ubuvugizi » - MIDIMAR

    Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no guhangana n’ibiza (MIDIMAR) isanga gukorana n’amakipe y’igihugu bizabafasha cyane mu gukangurira impunzi z’Abanyarwanda gutahuka, dore ko amakipe y’igihugu ajya gukina kenshi mu mahanga aho izo mpunzi ziherereye.



  • Abakinnyi bavuye i Burayi baje no mu rwego rw’imiyoborere myiza

    Itsinda ry’abakinnyi b’abanyarwanda 16 babigize umwuga bakina ku mugabane w’Uburayi baje mu Rwanda ngo si umupira ubazanye wonyine ahubwo u Rwanda ruzaboneraho gutanga ubutumwa bw’imiyoborere myiza binyuze muri abo bakinnyi.



  • “Kwitwara neza kwacu ni imbuto z’imiyoborere myiza” - Murindahabi

    Mu gihe Mukura Victory Sport yari imaze imyaka irenga itatu itangira shampiyona nabi ndetse ikajya no kurangira iri mu makipe arwanira kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, ku munsi wa karindwi wa Shampiyona y’uyu mwaka, Mukura iri ku mwanya wa mbere ngo ikaba ibikesha imiyoborere myiza.



  • Kiyovu yaguze abandi bakinnyi batanu

    Kiyovu yaguze abandi bakinnyi batanu bagomba kuzayifasha mu mikino nyafurika y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo (confederation cup) ndetse no muri shampiyona. Kiyovu Sport igomba kuzahagararira u Rwanda muri confederation cup aho izakina na Simba yo muri Tanzaniya ku mukino wa mbere.



  • FIFA yahaye abasifuzi 8 b’abanyarwanda uburenganzira bwo gusifura imikino mpuzamahanga

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ryemeje abandi basufuzi umunani b’abanyarwanda ko bazajya basifura imikino mpuzamaganga itegurwa na FIFA ndetse n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF)



  • Abakinnyi 14 babigize umwuga bavuye i Burayi bageze i Kigali

    Abakinnyi 14 b’abanyarwanda bakina ku mugabane w’Uburayi bageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri kugirango hatoranywemo abazakinira ikipe y’igihugu cy’u Rwanda, Amavubi.



  • Muri Rayon Sport abakinnyi banze gukora imyitozo

    Kubera ibibazo by’ubukungu bimaze iminsi bivugwa mu ikipe ya Rayon Sport, abakinnyi bayo biganjemo abakomoka hanze y’u Rwanda banze kwitabira imyitozo yo kwitegura umukino ukomeye ifitanye na Kiyovu Sport tariki 28 Ukuboza.



  • U Rwanda rwatumiye abakinnyi bakina i Burayi ngo hatoranywemo abazajya mu Mavubi

    Ku nshuro ya mbere, Minisiteri ya Siporo ifatanyije n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda batumiye abakinnyi b’abanyarwanda bose bakina ku mugabane w’Uburayi ngo baze mu Rwanda hazatoranywemo abazakinira Amavubi.



  • Felicien Kabanda yatumiwe gusifura CAN 2012 ariko BNR akorera ntibyemera

    Umusifuzi w’umunyarwanda, Felicien Kabanda, yatoranyijwe n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) kugirango azasifure imikino y’igikombe cy’Afurika ariko Banki nkuru y’igihugu (BNR) akorera ntibimwemerera.



  • CECAFA: Kubera kwibeshya, Okwi yahawe igihembo atakoreye

    Rutahizamu wa Uganda, Emmanuel Okwi, yahawe igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu gihe we ahamya ko icyo gihembo kitari kimugenewe.



  • Meddy Kagere arifuzwa n’amakipe menshi muri aka karere

    Nyuma yo kwigaragaza cyane mu mikino ya CECAFA yabereye muri Tanzania akanafasha cyane u Rwanda kugera ku mukino wa nyuma, Meddy Kagere arimo gushakishwa cyane n’amakipe akomeye muri aka karere.



  • UEFA Champions League: Arsenal izahura na AC Milan muri 1/8

    Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yatomboye AC Milan yo mu Butaliyani mu mikino ya 1/8 cy’irangiza cy’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwabo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League).



  • Isonga FC irimo kwitegura umukino izakina na Espoir kuwa gatanu

    Kuva tariki 12/12/2011, ikipe yitwa Isonga FC hamwe n’umutoza wayo Richard Tardy iri i Rusizi mu ntara y’iburengerazuba mu myiteguro y’umukino izakina n’ikipe ya Espoir tariki 16/12/2011.



  • United Stars yarokotse impanuka yabereye i Save

    Ubwo ikipe yo mu cyiciro cya kabiri yitwa United Stars yajyaga gukina na kaminuza y’u Rwanda i Huye ejo, yakoze impanuka imodoka yo mu bwoko bwa Coaster yari ibatwaye irenga umuhanda, ariko ku bw’amahirwe ntihagira uhasiga ubuzima.



  • Uruganda Inyange rwateye Isonga FC inkunga ya miliyoni 35

    Miliyoni 35 z’amafaranga y’u Rwanda ni yo uruganda Inyange ruzaha ikipe y’abatarengeje imyaka 20 ubu yahawe izina ry’Isonga FC, mu rwego rwo kugirango iyi kipe yitware neza muri shampiyona y’cyiciro cya mbere mu Rwanda.



  • Perezida Kagame yashimiye ikipe ya Uganda n’ubwo yatsinze u Rwanda muri CECAFA

    Perezida w’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, ubwo yari yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo bihabwa abantu bakiri batoya bakoze ibikorwa by’indashyikirwa (Young Achievers’ Awards” wabereye i Kampala muri Uganda, yashimye ikipe yabo yatsinze u Rwanda ku mukino wa nyuma muri CECAFA.



  • Samuel Eto’O yatangije ishuri ryigisha umupira muri Gabon

    Tariki 09/12/2011 mu mujyi wa Libreville muri Gabon hatangijwe Fondation Samuel Eto’O ifite inshinga zo kwigisha gukina umupira w’amaguru urubyiruko ruri hagari y’imyaka 10 na 11 mu rwego rwo kumenya abafite impano muri uwo mukino.



Izindi nkuru: