Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yamaze gusesekara mu mujyi wa Kampala aho igomba gukinira n’ikipe ya Uganda kuri uyu wa Gatandatu
Ubuyobozi bw’ikipe ya As Kigali buratangaza ko bwamaze gusezerera abakinnyi 7 barimo Sebanani Emmanuel Crespo ndetse ikanasubiza APR Ndori Jean Claude na Mubumbyi Barnabe yari yababatije.
Izina Romami si rishya ku bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda kuko hari abakinnyi bitwa gutyo bakinnye mu makipe atandukanye yo mu Rwanda.
Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzaniya yatsinze ikipe ya Rayon Sports igitego 1-0 mu mukino wa gicuti yayitumiyemo.
Mu rwego rwo gukomeza gukusanya amafaranga ashyirwa mu kigega "Agaciro Development Fund" hateguye irushanwa ry’umupira w’amaguru rizahuza amakipe akomeye mu gihugu.
Ikipe y’igihugu Amavubi iri kwitegura umukino wa Uganda mu rwego rwo gushaka itike ya CHAN imaze gutsinda Sudani ibitego 2 kuri 1 mu mukino wa gicuti.
Mukura Victory Sports iratangaza ko yamaze guha amasezerano y’imyaka ibiri Umurundi Gael Duhayindavyi wakinaga muri Vital’o Fc
Mu kiganiro umutoza Okoko Godefroid yagiranye na KT Radio, mu kiganiro cyayo cya KT Sports yikomye bikomeye abantu bamushinja gukoresha amarozi.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda yamaze gutegurirwa umukino wa gicuti ugomba kuyifasha kwitegura Uganda bazakina bashaka itike ya CHAN 2018.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Uganda (FUFA) ryemeje Moses Basena nk’umutoza mushya w’ikipe y‘igihugu ugiye gusimbura Micho uherutse gusezera muri iyo kipe.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi), Antoine Hey atangaza ko ikipe ye yiteguye kuzasezerera Uganda mu mikino ya nyuma yo gushaka itike ya CHAN 2018.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sports buratangaza ko bwamaze kugura Iragire Said myugariro w’Umunyarwanda wakinaga muri shampiyona y’i Burundi.
U Rwanda rwamaze gushyikiriza FIFA icyifuzo cyo guhatanira kwakira igikombe cy’isi mu mupira cy’abatarengeje imyaka 17 mu mu mwaka wa 2019, aho ubu rutegereje igisubizo ku busabe rwatanze.
Rutahizamu ukomoka muri Mali witwa Alassane Tamboura yamaze kugera i Kigali aho aje gukinira ikipe ya Rayon Sports.
Rutahizamu ukomoka muri Mali wakinaga muri Mali ategerejwe i Kigali kuri uyu mugoroba aho aje mu ikipe ya Rayon Sports
Milutin Sredojević Micho, usanzwe utoza ikipe y’umupira w’amaguru ya Uganda ntabwo ari kumvikana n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda (FUFA) mbere yo guhura n’ Amavubi.
Karekezi Olivier, umutoza mushya wa Rayon Sports mu nshingano yahawe harimo kugeza iyo kipe mu matsinda y’imikino Nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAF Champions League).
Mwanafunzi Albert uzaba ahanganye na Nzamwita Vincent de Gaulle mu matora ya FERWAFA yahawe na komisiyo ishinzwe amatora muri FERWAFA amasaha 48 yo kuzuza ibyangombwa.
Itsinda riharanira impinduka mu mupira w’amaguru mu Rwanda (Rwanda Football Coalition for changes) riratangaza ko ritigeze ritanga umukandida Mwanafunzi Albert mu kwiyamamariza kuyobora FERWAFA.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’Amaguru inganyije n’iya Tanzania igitego 1-1 mu mukino ubanza wo gushaka itike yo gukina imikinoya CHAN.
Nzamwita Vincent de Gaulle umaze imyaka ine ayobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na Mwanafunzi Albert nibo bazahatanira kuyobora FERWAFA.
Ikipe ya AS Kigali, yatumiye amakipe y’ibihangange nka Wydad Casablanca, TP Mazembe , AS Vita Club n’ayandi, mu irushanwa irimo gutegura ryiswe Inter- cities Tournament.
Kasire Onesphore, w’imyaka 92 y’amavuko wakinnye mu ikipe y’Amagaju avuga ko mu gihe cye gukina byari bishingiye ku ishyaka kuburyo ngo gutsindwa byari kirazira.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Antoine Hey yamaze gutangaza abakinnyi 18 bazerekeza muri Tanzaniya mu mukino ubanza wo gushaka itike yo gukina imikino nyafuria y’abakina imbere mu gihugu(CHAN)
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kongerera amasezerano y’imyaka ibiri kapiteni wayo Ndayishimiye Eric uzwi ku izina rya Bakame.
Nyuma y’uko Murenzi Abdallah atangaje ko atakiyamamaje ku mwanya wo kuyobora FERWAFA, itsinda riharanira impinduka muri ruhago ryatangaje ko ritazatanga umukandida.
Rusheshango Michel wakiniraga APR Fc na Danny Usengimana wakiniraga Police Fc bamaze kwerekanwa mu ikipe ya Singida Fc yo muri Tanzania iherutse kubagura.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sport buratangaza ko bwamaze gushyiraho umutoza mushya witwa Haringingo Christian Francis.
Kwizera Pierrot wa Rayon Sport yisubije igihembo cy’umukinnyi wahize abandi muri shampiyona 2016/2017, nyuma y’uko ari we wari wacyegukanye muri shampiyona y’umwaka ushize.