Basketball: Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ikomeje imyitozo mu Misiri

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball y’Abagore, ikomeje imyitozo mu gihugu cya Misiri aho irimo kwitegura imikino y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire, guhera tariki ya 25 Nyakanga kugeza ku ya 3 Kanama 2025.

Tetero Odole agenzura ikibuga mu mukino u Rwanda rwahuyemo na Misiri
Tetero Odole agenzura ikibuga mu mukino u Rwanda rwahuyemo na Misiri

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda iri mu Misiri kuva tariki ya 10 Nyakanga, aho irimo gukina imikino ya gicuti n’ibibihugu bitandukanye mbere yo gufata urugendo kuri uyu wa Gatatu, berekeza muri Côte d’Ivoire ahazabera irushanwa.

Ikipe y’Igihugu imaze gukina imikino 3 ya gicuti, aho ku ikubitiro u Rwanda rwakinnye na Cameroon maze iki gihugu gitsinda u Rwanda amanota 69 kuri 61, umukino wa kabiri u Rwanda rwatsinze ikipe y’igihugu ya Uganda amanota 75 kuri 65, nyuma yo gutsindwa na Misiri kuri uyu wa kabiri amanota 77 kuri 56.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, iri mu itsinda rya gatatu aho irikumwe na Nigeria ndetse na Mozambique. Ku ikubitiro u Rwanda ruzatangira rukina na Nigeria tariki ya 26 Nyakanga rusoreze imikino yo mu matsinda ku ikipe ya Mozambique tariki ya 28 Nyakanga 2025.

Ikipe y’Igihigu y’umutoza Cheikh Sarr yahagurukanye abakinnyi 15 aribo:

Urutonde rw'abakinnyi bari mu Misiri
Urutonde rw’abakinnyi bari mu Misiri
U Rwanda rwatsinzwe na Misiri mu mukino wa gatatu wa gicuti
U Rwanda rwatsinzwe na Misiri mu mukino wa gatatu wa gicuti
U Rwanda rwatsinze Uganda muri iyi mikino ya gicuti
U Rwanda rwatsinze Uganda muri iyi mikino ya gicuti

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka