Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Kenrik Kabano wakiniraga ikipe y’igihugu y’abato witabye Imana
Ku bufatanye n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (Ferwaba) n’umuryango wa Kabano, hateguwe irushanwa rya Basketball ryo ku mwibuka na Mama we.
Nkuko byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), hateguwe irushanwa rya Basketball ya batatu kuri batatu (3x3) kuri uyu wa gatanu rigamije kwibuka Kenrik Kabano wari umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’abato na mama we Rosine Kabano baherutse kugwa mu mpanuka y’imodoka mu Mujyi wa Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerik.
Nkuko bigaragara muri iri tangazo rya shyizwe hanze, Kenrik Kabano yari umwe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda bari bakiri bato ndetse batangaga icyizere aho yari mu ikipe y’igihugu y’abato batarengeje imyaka 16 yahagarariye u Rwanda mu mikino ny’Afurika yabereye muri Tunisiza aho ndetse we na bagenzi be bafashije u Rwanda kugera mu mikino ya 1/4.
Kabano yitabye imana yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino y’abato batarengeje imyaka 18 mu marushanwa yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika (U18 AfroBasket qualifiers) iri mu minsi ya Vuba.
Uyu mu ryango watangaje ko kandi iri rushanwa ritazaba ari ukwibuka Kenrik Kabano gusa ahubwo na Mama we Rosine Kabano witabye Imana bari kumwe taliki ya 21 Mata uyu mwaka ndetse akaba ari nawe wamufashaga byose mu gukuza impano ye yo gukina Basketball, ndetse akaba ari na we wamushyigikiye ku gukinira u Rwanda.
Biteganyijwe ko iri rushanwa rizaba tariki ya 26 Kamena 2026, kuri Zaria Court, rikazitabirwa n’amakipe 10 y’abahungu batarengeje imyaka 18 bakina ari batatu (3x3), ndetse n’amakipe atandatu mu bakobwa aho kandi ibi byahujwe no gushishikariza ababyeyi gukomeza gushyigikira impano z’abana babo.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
|
I wanna be in that tournaments