Basketball: APR yasoje shampiyona ku isonga nyuma yo gutsinda RSSB Tigers

Ikipe ya APR Basketball Club yatsinze RSSB Tigers ihita ifata umwanya wa mbere bidasubirwaho mbere y’imikino ya kamarampaka.

Wari umukino w’umunsi wa 28 washyiraga akadomo kuri shampiyona ya basketball mu Rwanda aho ikipe ya APR yagenze RSSB Tigers amanota 84 kuri 82 bigatuma yongera gusoza shampiyona iyoboye mbere yuko binjira mu mikino ya kamarampaka.

Ni umukino watangiye ikipe ya APR BBC ibizi neza ko ibiri buve mu mukino byose biza kuyishyira ku mwanya wa mbere dore ko yasabwa inita rimwe gusa ubundi igafata umwanya wa mbere.

Agace ka mbere kegukanywe n’ikipe ya APR BBC n’amanota 17 kuri 16 ya RSSB Tigers bivuze ko harimo ikinyuranyo cy’inota rimwe gusa. Umunya Ivory Coast ZOUZOUA NISRE MIMI niwe wari umaze gutsinda amanota menshi muri aka gace.

Nubwo yatangiye nabi agace ka kabiri, ikipe ya RSSB Tigers yaje ku kegukana n’amanota 21 kuri 19 y’ikipe ya APR BBC bituma ikipe ya RSSB Tigers ijya mu karuhuko iyoboye.

Ubwo bavaga mu karuhuko, ikipe ya APR yaje ubonako ishaka kuyobora umukino ndetse biranayihira kuko agace ka gatatu yakegukanye ku manota 24 kuri 17 ya RSSB Tigers ndetse APR ihita ijya n’imbere mu giteranyo rusange cy’umukino.

Agace ka kane, karanzwe n’ishyaka ryinshi cyane ku ikipe ya RSSB Tigers, ari nako abakinnyi b’impande zombi bacishamo bagashyamirana nkaho Icyishatse Herve wa RSSB Tigers yabaye nku kozanyaho na Ntore Habimana wa APR ariko abasifuzi bagahosha ayo mahane.

Aka gace kaje kwegukana n’ikipe ya RSSB Tigers ku manota 28 kuri 24, gusa ibi ntacyo byatanze ku giteranyo rusange kuko byarangiye ikipe ya APR BBC yegukanye umukino n’amanota 84 kuri 82 ya Tigers. Zouzoua Nisre Mimi w’ikipe ya RSSB Tigers niwe watsinze amanota menshi kuko yatsinze amanota 29 wenyine.

Zouzoua Nisre Mimi w'ikipe ya RSSB Tigers niwe watsinze amanota menshi kuko yatsinze amanota 29 wenyine.
Zouzoua Nisre Mimi w’ikipe ya RSSB Tigers niwe watsinze amanota menshi kuko yatsinze amanota 29 wenyine.

Ibi bisobanuye ko bidasubirwaho ikipe ya APR BBC isoje umwaka w’imikino iyoboye shampiyona n’amanota 30 irusha inota rimwe ikipe ya Patriots BBC yo ufite amanota 29 ku mwanya wa kabiri.

REG BBC yasoje shampiyona ku mwanya wa gatatu n’amanota 27 naho ikipe ya RSSB Tigers yo isoreza ku mwanya kane nayo n’amanota 27.

Ibi bivuze ko mugihe cy’imikino ya kamarampaka (Playoffs), ikipe ya APR BBC izahura na RSSB Tigers naho ikipe ya Patriots ikine na REG BBC.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka