Nyuma y’iminsi yitwara neza mu marushanwa yo mu Rwanda, aho aheruka no kwegukana Shampiona y’igihugu y’umukino w’amagare, Munyaneza Didier yamaze kubona ikipe yabigize umwuga mu mukino w’amagare.

Munyaneza Didier uheruka kwegukana Shampiona y’igihugu
Iyi kipe ya Tirol Cycling Team yo muri Autriche, si ubwa mbere ikinnyemo umunyarwanda. kuko n’umwaka ushize umunyarwanda Valens Ndayisenga, aza kuyivamo nyuma y’aho iyi kipe yari yafashe gahunda yo gukinisha abakinnyi bakiri bato, by’umwihariko abatarengeje imyaka 23

Munyaneza Didier w’imyaka 21, ari mu bamaze iminsi bitwara neza no mu marushanwa mpuzamahanga
Munyaneza Didier uza kwerekeza muri iyi kipe, siwe wenyine iyi kipe yashimye, kuko na Ukiniwabo Rene Jean Paul ukinira kipe ya Les amis Sportifs y’i Rwamagana, nawe azamukurikira mu minsi mike iri imbere.
Ohereza igitekerezo
|
uyu musore nagende yemeze n’abanyamahanga abereke ko n’abanyarwanda dushoboye