#TdRwanda2025: Umubiligi Duarte Marivoet yegukanye agace Rusizi-Huye

Umubiligi Duarte Marivoet w’imyaka 20 ukinira ikipe ya UAE Emirates Team ni we wegukanye agace Rusizi-Huye

Ni isiganwa ryari rikomeye cyane ugereranyije n’utundi duce twatambutse, aho ibyaberaga mu isiganwa byagendaga bihinduka umunota ku wundi.

Kilometero enye za mbere umukinnyi wageragezaga gusohoka mu gikundi ngo asige abandi, peloton yahitaga yihutira kumugarura.

Ku kilometero cya gatanu, Muhoza Eric ukinira Team Amani yasohotse muri peloton, ahita akurikirwa n’abarimo Berlin (Bike Aid), Schutte (Afrique du Sud), Kibrom (Eritrea), Gidey (Ethiopie), Taha (CMC) na Hailemaryam (Ethiopie), bahita batangira kuyobora isiganwa ari barindwi.

Aba bakinnyi bakomeje kuyobora isiganwa kugeza basohotse ishyamba rya Nyungwe, gusa bakanyuzamo bagacikamo ibice ariko umunyarwanda Muhoza Eric akaguma mu bayoboye.

Muhoza Eric basatira akarere ka Huye yaje kugerahp ayobora isiganwa wenyine, ariko bageze mu bice byo mu Gahenerezo bazamuka ngo bagere mu mujyi wa Huye, umubiligi Marvoet yaje guca abandi mu rihumye yinjira umujyi wa Huye wenyine, ahita yegukana agace k’uyu munsi.

Uko bakurikiranye uyu munsi
Uko bakurikiranye uyu munsi
Urutonde rusange nyuma y'iminsi itandatu
Urutonde rusange nyuma y’iminsi itandatu
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka