Bwa mbere mu mateka, shampiyona y’isi mu mukino w’amagare igiye kubera muri Afurika, aho u Rwanda rwamaze kwemeza nk’igihugu kizakira iri rushanwa mu mwaka wa 2025.

Nk’uko byari byitezwe ko hagomba gutangazwa igihugu kizakira iyi shampiyona, u Rwanda nk’igihugu cyari gihanganiye na Maroc, cyamaze kwandikirwa ubutumwa bunyuze muri e-mail bubamenyesha ko u Rwanda ari rwo rwatoranyijwe.
Mu mwaka wa 2019 ni bwo u Rwanda rwari rwatanze kandidatire yo kwakira iyi mikino, ni nyuma y’aho iri shyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi ryari ryasabye ko ibihugu bya Afurika bisaba.
Ni shampiyona ubusanzwe ikunda kubera ku mugabane w’i Burayi, aho mu nshuro imaze kuba, inshuro 11 ari zo zonyine yabereye hanze y’uyu mugabane, u Rwanda rukazaba rubaye igihugu cya mbere muri Afurika kiyakiriye.
Shampiyona y’isi mu magare uyu mwaka iri kubera mu gihugu cy’u Bubiligi, umwaka utaha wa 2022 ikazabera mu mujyi wa Wollongong muri Australia, 2023 ibere Glasgow muri Ecosse, naho 2024 ikazabera i Zürich mu Busuwisi.
Mu Rwanda hasanzwe hari abakunzi benshi b’umukino wo gusiganwa ku magare





Ohereza igitekerezo
|
UWOMUNTU NIHANGANE