Mu gace kabanziriza aka nyuma ka Tour du Rwanda, abakinnyi bahagurukiye i Nyanza, aho banyuze umuhanda mushya uhuza Nyanza na Kigali unyuze mu karere ka Bugesera.

Isiganwa ryatangiye abakinnyi bacungana, ariko bamaze kugenda kilometero umunya-Uganda Mugalu ukinira Java-Inovotec yabimburiye aband gusohoka mu gikundi.
Nyuma yaho gato abakinnyi batandatu nabo basohotse mu gikundi ari bo Mugalu : Mugisha, Uwiduhaye Munyaneza (Rwanda), Nsengiyumya (Java-Inovotec), Niyonkuru (Team Amani) na Schutte (Afrique du Sud).




Aba bakinnyi bayoboye isiganwa kugera binjiye mu mujyi wa Kigali, ariko bamwe batangira gusigara ubwo batangiraga kuzamuka Gikondo bagana Rebero.
Mu bilometero bitanu bya nyuma Mugisha Moise yagerageje gusiga bagenzi be amara akanya gato ayoboye isiganwa wenyine, ariko mu kilometero cya nyuma umunya-Eritrea Araya yaje guhita amucaho ahita yegukana aka gace





Ohereza igitekerezo
|