Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yatangirijwe muri BK Arena (Amafoto)

Kuri iki Cyumweru muri BK Arena hafunguwe ku mugaragaro Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera mu Rwanda kugeza ku wa 28 Nzeri 2025.

Ni shampiyona yatangijwe ku mugaragaro na Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare ku Isi David Lappartient, mu ijambo rye yashimye imiyoborere ya Perezida Paul Kagame ndetse anavuga ko ari we wagize uruhare kugira ngo iyi shampiyona ize muri Afurika, mu gihe Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire we yavuze ko ari icyumweru cy’akataraboneka yongera gusaba Abanyarwanda kuzarikurikirana.

Minisitiri wa Siporo kandi yakomeje avuga ko i Kigali hazandikirwa amateka yo kuba ku nshuro ya mbere abatarengeje imyaka 23 mu cyiciro cy’abagore bazasiganwa ubwabo batavanze n’abakuru anabihuza n’imiyoborere ya Perezida Paul Kagame yahaye agaciro umugore ndetse n’igitsina gore muri rusange.

Ku isaha ya saa yine n’iminota 22 n’amasegonda 30 nibwo umukinnyi wa mbere yahagurutse muri BK Arena aba Umunyarwandakazi Nirere Xaverine, wabimburiye abandi muri iki cyiciro cyo gusiganwa n’isaha umuntu ku giti cye mu bagore.

Nyuma y’abagore biteganyijwe ko ku isaha ya saa saba n’iminota 45 hakurikiraho icyiciro cy’abagabo nabo basiganwa n’isaha umuntu ku giti cye.

Perezida w'Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry'Umukino w'Amagare ku Isi David Lappartient yashimye imiyoborere ya Perezida Paul Kagame
Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare ku Isi David Lappartient yashimye imiyoborere ya Perezida Paul Kagame
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yavuze ko ari amateka kwakira Shampiyona y'Isi y'Amagare
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yavuze ko ari amateka kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare
Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umukino w'Amagare mu Rwanda Samson Ndayishimiye
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda Samson Ndayishimiye

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka