Ibi byemejwe kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’uko aka Karere gahagarariwe n’umuyobozi wako Sindayiheba Phanuel basinyanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda ryari rihagarariwe n’umuyobozi waryo Samson amasezerano y’imikoranire agamije gutegura iri siganwa.
Iri siganwa riteganyijwe kuba mu mpera z’iki cyumweru aho ku munsi wa mbere uzakinwa ku wa Gatandatu tariki 25 Mata 2026 abasiganwa bazahaguruka mu Karere ka Karongi bagasoreza mu Mujyi wa Rusizi mu gihe ku munsi wa kabiri uzakinwa ku Cyumweru 26 Mata 2026, isiganwa rizakinirwa imbere muri aka Karere.
Iri siganwa rizakinwa mu byiciro birimo abagabo n’abagore, abatarengeje 23 abagabo n’abagore ndetse no mu bakiri bato.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|