


Natnael Tesfazion abaye uwa kabiri wegukanye Tour du Rwanda, nyuma ya Valens Ndayisenga wegukanye iri siganwa inshuro ebyiri kuva ryaba mpuzamahanga.



Kuri iki Cyumweru nibwo hakinwaga agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2022, aho kakinwe n’ubundi umunya-Eritrea Natnael Tesfazion ari we uyoboye urutonde nyuma y’uduce turindwi twari tumaze gukinwa.
Abasiganwa bahagurukiye kuri Canal Olympia ku musozi wa Rebero, banyura mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali birimo Gikondo, Kanogo, Nyamirambo, kwa Mutwe, Rwampara n’ahandi.

Umunyarwanda Mugisha Moise kuva isiganwa rigitangira yari ari mu bakinnyi bagendaga bayoboye isiganwa ndetse anegukana amwe manota yo kuzamuka.
Mugisha Moise yaje kugeraho asiga abakinnyi batatu bari bayoboranye isiganwa, aragenda yegukana amanota yo kuzamuka umusozi wa gatanu, ariko nyuma Sandy Dujardin aza kumushikira.



Ohereza igitekerezo
|