Jurgen Zomermaand yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026
Kuri uyu wa Kabiri, hakinwe agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere ka Huye kagasorezwa I Rusizi ku bilometero 145.3 kegukanwe na Jurgen Zomermaand ukinira ikipe ya Development Team Picnic PostNL mu gihe Umunyarwanda waje hafi yabaye uwa 11.
Ni agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurutse mu Karere ka Huye saa tanu za mu gitondo aho hahagurutse abasiganwa 79 bakabanza gusiganwa ibilometero bibiri mbere yuko hatangira kubarwa ibihe. Bagitangira kubara ibihe abakinnyi bageragezaga gusohoka mu gikundi ariko inshuro babikoze cyikabagarura aho kugeza ku kilometero cya gatandatu abakinnyi bari bakiri mu kivunge cyari kiyobowe nabakinnyi 15 bari bari imbere.
Ku kilometero cya karindwi abakinnyi batanu Mugalu Shafik ukinira Amani, Sousa ukinira Localiza, Manizabayo Eric ukinira Benediction, Zemke ukinira Rembe na Eyob Mektel ukinira Istanbul basohotse mu gikundi batangira kugenda bayoboye isiganwa bonyine ariko kibagarura ku kilometero cya 10 cyiyobowe n’ikipe ya PiCNIC team.
Iki gikundi cyakuyemo amasegonda icumi, bakomeza kugendera hamwe kugeza ku kilometero cya 18 aho abakinnyi batanu Mewael Girmay wa Istanbul, Muhoza Eric wa Amani, Vidal wa Bikaid ,Theiler wa Rembe Rad-Net na Tuyizere Etienne bashoboye gusohoka bayobora isiganwa aho kugeza ku bilometero 20 bari bamaze gushyiramo ikinyura cy’umunota umwe.
Umunya-Eritrea Mewael Girmay yegukanye amanota y’agasozi ka mbere mu karere ka Nyamagabe aho yakagezeho ari kumwe na Vidal na Theiler mu gihe kugeza ku kilometero cya 27 abakinnyi batanu bari bayoboye isiganwa barushaga igikundi umunota umwe n’amasegonda 50 naho uko basoje aka gasozi ka mbere ari aba ari nako basoza aka kabiri uyu Munya-Eritrea yongeye kwegukana amanota.
Ku Kilometero cya 45 abakinnyi batanu bari bayoboye isiganwa bafashwe n’igikundi batangira kugendera hamwe. Uretse gutwara amanota y’ahazamuka yatwawe na Girmay Mewael uyu musore yanatwaye amanota y’ahatambika ha mbere aya kabiri atwarwa na Miguel Heidemann wakurikiwe na Henock Mulbrhan na Mugalu Shafik.
Igikundi cyageze aho gicikamo kabiri ariko ku kilometero cya 55 Umunya-New Zealand Reuben Thompson ukinira ikipe ya Lotto ava mu bandi ayobora isiganwa anegukana amanota y’agasozi ka kane mu gihe kandi yanatwaye aka gatanu. Uyu mugabo ariko ku kilometero cya 83 yagize ikibazo cy’igare biba ngombwa ko ahindurirwa ahabwa irindi.
Ibi byatumye ahita afatwa n’igikundi ariko yunganirwa na mugenzi we bakinana muri Lotto Marvoete wahise ayobora isiganwa aho yarenze yinjira mu bilometero 103 ari gusiga igikundi umunota umwe n’amasegonda atanu mu gihe yinjiye mu bilometero 25 bya nyuma by’isigana harimo ikinyuranyo cy’umunota umwe n’amasegonda 25.
Marvoet yafashwe na n’Umunya-Eritrea Araya bakomeje kuyoborana isiganwa ariko nawe wahise amusiga akariyobora wenyine afitemo ikinyuranyo cy’amasegonda 15, gusa nawe atamaranye igihe kuko igikundi cyahise kimufata bakiri mu bilometero 20 bya nyuma. Muri ibi bilometero afatwa n’igikundi byatumye Umuholandi Jurgen Zomermaand atwara amanota y’agasozi ka gatandatu kari aka nyuma muri aka gace. Muri ibi bilometero kandi igikundi cyacitsemo kabiri kivamo amatsinda abiri Pau Soriano wari wambaye umwamba w’umuhondo yayoboye itsinda rimwe irindi riyobowe na Heno Mulbrhan.
Abakinnyi 12 basohotse mu gikundi bagisiga amasegonda 50 baninjira mu bilometero 10 bya nyuma aho nabo bahise basigwa na Zomermaand Jurgen w’ikipe ya PiCNIC waninjiye mu bilometero bine bya nyuma abasiga amasegonda 25. Uyu Muholandi yinjiye kandi mu bilometero bitatu bya nyuma agifitemo ikinyuranyo cy’amasegonda 25 agera mu cya nyuma afitemo amasegonda 35, anagera ku murongo ari imbere aho ibilometero 145.3 yabisiganwe akoresheje amasaha atatu, iminota 44 n’amasegonda 53 yegukana agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 kasorejwe mu Mujyi wa Rusizi.
Uyu musore wahise anambara umwambaro w’umuhondo nk’uyoboye urutonde rusange, muri aka gace ka kabiri yakurikiwe na Van Gils Lucas ukinira Lotto Groupe Wanty yarushije amasegonda 20 mu gihe Niyonkuru Samuel ukinira ikipe ya Amani ariwe Munyarwanda waje imbere ku mwanya wa 11 arushwa n’uwa mbere amasegonda 48 mu gihe Muhoza Eric ari ku mwanya wa 20 arushwa umunota umwe n’amasegonda 26 naho Masengesho Vianqeur asoreza ku mwanya wa 27 arushwa iminota ine.
Ku rutonde rusange Jurgen Zomermaand niwe uyoboye aho amaze gukoresha amasaha icumi, iminota 55 n’amasegonda atandatu mu gihe Umunyarwanda uza hafi ari Niyonkuru Samuel uri ku mwanya wa 11 arushwa amasegonda 44.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
|
iyo umuntu agize ikibazo cy’igare ashobora gufashwa ate kugiango akomeze kugenda imbere??